BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Volcano yakoreye impanuka muri Uganda 

Volcano yakoreye impanuka muri Uganda 

admin
Last updated: December 30, 2022 10:35 am
admin
Share
SHARE

Imodoka ya kompanyi ya Volcano y’u Rwanda yangonganye n’iya Oxygen yo muri Kenya ubwo zari zigeze Rwahi muri Uganda, abantu batandatu  bahita bahasiga ubuzima abandi 30 barakomereka.

Abantu batandatu nibo bamaze kumenyekana ko bahasize ubuzima

 Iyi mpanuka ikomeye yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa 30 Ukuboza 2022, ahitwa Rwahi aho uturere twa Ntungamo na Rukiga duhanira imbibe  mu Burengerezuba bwa Uganda.

Amakuru UMUSEKE ukesha Dail Monitor yandikirwa muri Uganda nuko iyi bus ya Volcano RAD 798 B yasekuranye n’iya Oxygen ifite nimero iyiranga ya KCU 054 L, abantu batandatu bahita bahasiga ubuzima, abandi 30 barakomereka.

Amashusho agaragaza uko iyi mpanuka yagenze nuko zose zangiritse bikomeye ibice by’imbere kwa shoferi, gusa iya Volcano yo mu Rwanda ikaba ariyo yangiritse cyane iki gice cy’imbere.

Amakuru ava muri Uganda avuga ko   izi bus zari mu muhanda wa Rukiga-Mbarada, aho zagonganye ahagana saa kumi z’igitondo zigeze kuri Satellite Hoteli mu birometero bibiri uvuye mu gace k’ubucuruzi ka Muhanga muri aka karere ka Ntungamo.

Ni amakuru yemejwe n’umuvugizi wa Polisi mu gace ka Kigezi, Elly Maate wavuze ko abashoferi bombi b’izi modoka bahise bahasiga ubuzima, abakomeretse bakaba bahise bihutanwa ku kigo nderabuzima cya Rutooma muri uyu mujyi wa Muhanga, aho imbangukiragutabara za polisi zahise zibajyana.

Mu bikekwa kuba byateje iyi mpanuka harimo kuba habayeho kutabona neza kw’abashoferi kubera igihu cyinshi, byatumye abashoferi basekurana kubera kutabona nza ibi imbere yabo.

imodoka y’kigo cya Oxygen yagonganye na Volcano y’uRwanda  hapfa 6 ,30 barakomereka

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • Pingback: Abarokotse impanuka ya Volcano bageze mu Rwanda – Umuseke
  • Mugabe usama says:
    December 31, 2022 at 5:53 pm

    Ahh nihatari

    Reply
  • Pingback: Uganda: Ijoro risoza umwaka wa 2022 ryabayemo impanuka 106 – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?