BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ubwongereza bwabonye uzaba Minisitiri w’Intebe mushya

Ubwongereza bwabonye uzaba Minisitiri w’Intebe mushya

admin
Last updated: September 5, 2022 5:56 pm
admin
Share
SHARE

Mme Mary Elizabeth Truss bita Liz Truss ubu ni we muyobozi mushya w’ishyaka rya Conservative Party, biteganyijwe ko ari we uzaba Minisitiri w’Intebe mushya w’Ubwongereza.

Mary Elizabeth Truss bita Liz Truss ni we watorewe kuzasimbura Boris Johnson ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza

Madamu Liz Truss w’imyaka 47, yahigitse uwitwa Rishi Sunak mu matora y’abagize ishyaka rye. Yagize amajwi 57% bikaba biteganyijwe ko ari we Minisitiri w’Intebe mushya Ubwongereza bugiye kugira.

Boris Johnson wari Minisitiri w’Intebe ntabwo arava mu biro, azasezera ejo.

Biteganyijwe ko Boris Johnson ku wa kabiri mu gitondo azavuga ijambo ryo gusezera, ari hanze y’ibiro bye byitwa Downing Street.

Ako kanya azahita yerekeza ahitwa Balmoral mu gihugu cya Scotland/Ecosse kugirana ibiganiro n’Umwamikazi, Elizabeth II.

Nyuma yaho gato, Liz Truss watowe nk’uzaba Minisitiri w’Intebe, na we azagirana ibiganiro n’Umwamikazi.

Azaba ari minisitiri wa 15 ushyizweho n’ubwami buriho ubu, ndetse ni we wa mbere kuri iyi ngoma uzagirwa Minisitiri w’Intebe hanze y’umujyi wa London, kubera ko Umwamikazi ubu ufite imyaka 96 bigoye ko akora urugendo rumujyana i London.

Bakimara kubonana n’Umwamikazi, Boris Johnson na Liz Truss bazasubira i London, nibwo Mme Liz Truss azaba abaye Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza.

Ku wa Kabiri biteganyijwe ko Minisitiri w’Intebe mushya azashyiraho abagize Guverinoma ye. Noneho ku wa Gatatu azaha ikiganiro Itangazamakuru.

Yaba Boris Johnson ndetse na David Cameron na we wabaye Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza bashimiye Liz Truss kuba ari we watsinze amatora, banamwifuriza imirimo myiza no kuzakorana neza n’abagize ishyaka rye.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • bukeye says:
    September 6, 2022 at 9:25 am

    Nubwo Abagore basuzugurwa mu bihugu byinshi,nabo barashoboye.Dore ingero nkeya:Ababaye Prime Ministers Margaret Thacher of England,Golda Meir of Israel,Indira Gandhi of India,Agatha Uwiringiyimana of Rwanda.Nubwo bimeze gutyo,hari ahantu habiri Imana ibuza ko abagore bareshya n’abagabo.Aha mbere ni mu rugo.Muli Abakorinto ba mbere,igice cya 11,umurongo wa 3,havuga ko Umugabo ari Chef w’umugore.Aha kabiri ni mu nsengero.Imana ibuza Abagore kuyobora amatorero n’insengero.Byisomere muli 1 Timote,igice cya 2,umurongo wa 12 na 1 Abakorinto,igice cya 14,imirongo ya 34 na 35.Ababirengaho,nta kindi baba bagamije uretse gushaka amafaranga bitwaje bible.Ni icyaha nk’ibindi cyo gusuzugura amategeko y’Imana.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

Ibiciro byazamutseho 9,2% muri Gashyantare

Muri Gashyantare 2026 ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 9,2% ugereranyije na Gashyantare 2025.…

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?