BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ubutumwa bwa Perezida Kagame ku bana bakoze impanuka

Ubutumwa bwa Perezida Kagame ku bana bakoze impanuka

admin
Last updated: January 9, 2023 3:44 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame uyoboye umuhango wo kurahiza Perezida wa Sena mushya, yifurije abana bakoze impanuka mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere ubwo bari bagiye ku ishuri, gukira vuba.

Perezida Kagame yihanganishije imiryango y’abana bakoze impanuka

Yagize ati “Namenye amakuru y’impanuka ya bisi y’ishuri yabereye i Rebero muri iki gitondo. Twifurije gukira vuba abana bose kandi turahumuriza imiryango yabo.”

Perezida Paul Kagame yakomeje agira ati “Turakora ibishoboka byose kugira ngo abana bari bayirimo bose bitabweho uko bikwiye.”

Umukuru w’Igihugu yanaboneyeho kwifatanya n’igihugu cya Senegal nyuma y’impanuka ikomeye yahabereye mu mpera z’iki Cyumweru ikagwamo abantu benshi.

Yagize ati “Nifatanyije n’umuvandimwe Perezida Macky Sall, kubera kubera abantu mu buryo bubabaje, nifatanyije n’imiryango y’ababuze ababo. U Rwanda rwifatanyije namwe muri ibi bihe bigoye.”

Muri Senegal kuva tariki ya 9 kugeza tariki 11 Mutarama 2023, ni igihe cy’icyunamo mu rwego rwo guha agaciro abantu 40 baguye mu mpanuka y’imodoka za bisi zitwara abagenzi zagonganye, mu rucyerera rwa tariki ya 08 Mutarama, 2022 ahitwa Kaffrine.

Muri iyi mpanuka abandi bagera kuri 78 barakomereka bikomeye.

Perezida wa Senegal, Macky Sall, abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter yatangaje ko ashyizeho icyunamo cy’iminsi itatu mu rwego rwo kunamira abaguye muri iyi mpanuka, ndetse anihanganisha imiryango yabo.

Kigali – Imodoka itwara abana biga kuri Path to Success yakoze impanuka

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwateguje ko buzasaba Uganda ibisobanuro…

Muri Kanama ab’i Kigali bazajya babona amazi mu minsi 2 aho kuba 5-WASAC

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura, WASAC cyijeje abatuye mu Mujyi wa…

DRC : Kiliziya gatorika ntiyozeye ko amasezerano y’u Rwanda na Congo ko atazakemura ikibazo mu mizi

Umuyobozi mukuru w’Inama y’Abepisikopi muri Congo Kinshasa, Musenyeri Donatien Nshole avuga ko…

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

Perezida Gideon Duma Boko wa Botswana yahigiye guhura na Donald Trump uyobora…

Perezida Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya

Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, akaba ari n’umwe mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?