BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ubutabera nyabwo ni ubutangiwe ku gihe – Me Ibambe

Ubutabera nyabwo ni ubutangiwe ku gihe – Me Ibambe

admin
Last updated: October 6, 2022 1:21 pm
admin
Share
SHARE

Umunyamategeko, Ibambe Jean Paul wunganiye Abanyamakuru bafunzwe imyaka 4 bakagirwa abere ku wa Gatatu, tariki 05/10/2022, yagize icyo abivugaho.

Aba banyamakuru uko ari batatu bakoreraga YouTube channel yitwa IWACU TV (Photo The Chronicles)

Icyemezo cy’Urukiko UMUSEKE wabonye kivuga ko Mutuyimana Jean Damascène, Nshimiyimana Jean Baptiste na Niyonsenga Shadrack batakurikiranwaho icyaha cy’ikwiza ry’impuha zigamije kwangisha Leta y’u Rwanda mu bihugu by’amahanga.

Undi mwanzuro w’urukiko uvuga Mutuyimana, Nshimiyimana na Niyonsenga badahamwa n’icyaha cyo guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda.

Urukiko kandi rwategetse ko bariya baregwaga bahita barekurwa urubanza rukimara gusomwa.

Kuri Me Ibambe Jean Paul wunganiye mu rukiko aba banyamakuru mu gihe cy’imyaka ine bamaze bafunzwe, asanga ubutabera bwaratinze.

Mu kiganiro yagiranye na BBC, Ibambe yagize ati “Ni ibyishimo kuri twe kuba bigezeho bagahabwa ubutabera. Ariko ubutabera bwuzuye ni ubutangiwe ku gihe.”

Me Ibambe Jean Paul avuga ko yifuza ko abantu bajya bemererwa gutanga ingwate aho gufungwa, kandi igihe bafunzwe by’agateganyo bakaburanishwa ku gihe, “kugira ngo batabirenganiramo”.

Urukiko rwavuze ko ikirego cy’Ubushinjacyaha kuri Mutuyimana, Nshimiyimana na Niyonsenga nta shingiro gifite.

Ku wa Gatatu tariki 05 z’ukwezi kwa 10 ni ukuvuga ejo hashize, nibwo Urukiko rwategetse ko Mutuyimana Jean Damascène, Nshimiyimana Jean Baptiste na Niyonsenga Shadrack batambutsaga ibiganiro ku muyoboro wa YouTube, IWACU TV barekurwa kuko ari abere. Bafunzwe mu kwezi kwa 10 mu mwaka wa 2018.

Abanyamakuru bakoreraga kuri YouTube basabye Urukiko rw’Ubujurire gukurikiranwa badafunzwe

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Umurungi Alice says:
    October 6, 2022 at 7:44 pm

    Ntibyumvikana ukuntu abantu bafungwa imyaka ine ari abere! Leta yagombye kubishyura iyo myaka ine yabafunze barengana mu gihe turirimba ubutegetsi bwiza mu gihugu.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Ubutabera

Rubavu: Afungiwe guhisha amakuru y’ahari imibiri 7 y’Abatutsi se yishe muri Jenosideq

4 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?