BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ubutabera nyabwo ni ubutangiwe ku gihe – Me Ibambe

Ubutabera nyabwo ni ubutangiwe ku gihe – Me Ibambe

admin
Last updated: October 6, 2022 1:21 pm
admin
Share
SHARE

Umunyamategeko, Ibambe Jean Paul wunganiye Abanyamakuru bafunzwe imyaka 4 bakagirwa abere ku wa Gatatu, tariki 05/10/2022, yagize icyo abivugaho.

Aba banyamakuru uko ari batatu bakoreraga YouTube channel yitwa IWACU TV (Photo The Chronicles)

Icyemezo cy’Urukiko UMUSEKE wabonye kivuga ko Mutuyimana Jean Damascène, Nshimiyimana Jean Baptiste na Niyonsenga Shadrack batakurikiranwaho icyaha cy’ikwiza ry’impuha zigamije kwangisha Leta y’u Rwanda mu bihugu by’amahanga.

Undi mwanzuro w’urukiko uvuga Mutuyimana, Nshimiyimana na Niyonsenga badahamwa n’icyaha cyo guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda.

Urukiko kandi rwategetse ko bariya baregwaga bahita barekurwa urubanza rukimara gusomwa.

Kuri Me Ibambe Jean Paul wunganiye mu rukiko aba banyamakuru mu gihe cy’imyaka ine bamaze bafunzwe, asanga ubutabera bwaratinze.

Mu kiganiro yagiranye na BBC, Ibambe yagize ati “Ni ibyishimo kuri twe kuba bigezeho bagahabwa ubutabera. Ariko ubutabera bwuzuye ni ubutangiwe ku gihe.”

Me Ibambe Jean Paul avuga ko yifuza ko abantu bajya bemererwa gutanga ingwate aho gufungwa, kandi igihe bafunzwe by’agateganyo bakaburanishwa ku gihe, “kugira ngo batabirenganiramo”.

Urukiko rwavuze ko ikirego cy’Ubushinjacyaha kuri Mutuyimana, Nshimiyimana na Niyonsenga nta shingiro gifite.

Ku wa Gatatu tariki 05 z’ukwezi kwa 10 ni ukuvuga ejo hashize, nibwo Urukiko rwategetse ko Mutuyimana Jean Damascène, Nshimiyimana Jean Baptiste na Niyonsenga Shadrack batambutsaga ibiganiro ku muyoboro wa YouTube, IWACU TV barekurwa kuko ari abere. Bafunzwe mu kwezi kwa 10 mu mwaka wa 2018.

Abanyamakuru bakoreraga kuri YouTube basabye Urukiko rw’Ubujurire gukurikiranwa badafunzwe

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Umurungi Alice says:
    October 6, 2022 at 7:44 pm

    Ntibyumvikana ukuntu abantu bafungwa imyaka ine ari abere! Leta yagombye kubishyura iyo myaka ine yabafunze barengana mu gihe turirimba ubutegetsi bwiza mu gihugu.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Ubutabera

Abagororwa 1874 bemerewe gufungurwa by’agateganyo.  

1 Min Read
Ubutabera

Kigali: Umugabo ucuruza urumogi yafatanywe udupfunyika 1000 twarwo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?