Ubushinjacyaha bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwasabye Inteko Ishinga Amategeko kwambura Minisitiri w’Ubutabera, Constant Mutamba, ubudahangarwa kugira ngo akurikiranwe.
Minisitiri Mutamba akekwaho kunyereza asaga miliyoni 19 z’Amadolari arimo ayari yarateganyirijwe kubaka Gereza ya Kisangani mu Ntara ya Tshopo
Aya makuru yatangajwe na Perezida w’Inteko ya RDC, Vital Kamerhe, kuri uyu wa 21 Gicurasi 2025 ubwo yari mu nama n’abadepite.
Yagize ati “Ndabamenyesha ko nasabwe n’Umushinjacyaha Mukuru mu Rukiko rusesa imanza kugira ngo ahabwe uruhushya rwo gukurikirana Constant Mutamba Tungunga usanzwe ari Minisitiri w’Ubutabera.”
Minisitiri Mutamba aherutse gusobanurira radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, ko uyu mushinga wari warateganyirijwe miliyoni 29 z’Amadolari, yemeza ko miliyoni 19 z’Amadolari zashyizwe kuri konti y’abatekamutwe.
Umushinga wo kubaka gereza nshya ya Kisangani uri muri gahunda ya Leta yo kugabanya ubucucike mu magereza. Yari kubakwa mu mezi 18, hagashyirwamo ibitanda 3000.