BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Uburusiya bwaburiwe ko nibukoresha intwaro kirimbuzi, Uburayi buzihimura

Uburusiya bwaburiwe ko nibukoresha intwaro kirimbuzi, Uburayi buzihimura

admin
Last updated: October 14, 2022 1:40 am
admin
Share
SHARE

Umuyobozi ushinzwe ububanyi n’amahanga mu Bumwe bw’Uburayi, Josep Borrell yavuze ko Uburusiya nibukoresha intwaro kirimbuzi muri Ukraine, ingabo zabwo “zizakubitwa inshuro” n’Abanyaburayi.

Josep Borrell iburyo na Jens Stoltenberg ibumoso

Josep Borrell yagize ati “Putin avuga ko atarimo gukina. Nibyo, ntashobora gukina, ariko bigomba gusobanuka, ko abaturage bafasha Ukraine, Ubumwe bw’Uburayi, n’ibihugu bibugize, na leta zunze Ubumwe za America, n’ingabo zishyize hamwe za Nato/OTAN na bo ntabwo barimo gukina.”

Ayo ni amagambo Borrell yavugiye ku murwa mukuru w’Ububiligi, Brussels.

Yagize ati “Igitero icyo ari cyo cyose cy’intwaro kirimbuzi kuri Ukraine, kizagira igisubizo, ntikizaba ari igisubizo cy’intwaro kirimbuzi, ariko kizaba ari igisubizo gikomeye cyane kizatangwa n’ingabo, ku buryo intwabo z’Uburusiya zizaneshwa.”

Umunyamabanga mukuru wa Nato, Jens Stoltenberg yaburiye Uburusiya ko buzaba burenze umurongo ukomeye igihe bwakoresha intwaro kirimbuzi kuri Ukraine.

Stoltenberg yavuze ko atavuga igisubizo ingabo zishyize hamwe zizatanga, ariko ko kizagira ingaruka zikomeye.

Yavuze ko impamvu zatuma Nato ikoresha intwaro kirimbuzi ziri kure cyane.

Ibihugu 50 bishyigikiye Ukraine byakoreye inama mu Bubiligi ku cyicaro cya Nato. Ibi bihugu kandi byo muri Nato byiyemeje guha Ukraine intwaro zikomeye zo kurinda ikirere cyayo.

Intambara y’Uburusiya muri Ukraine imaze gufata intera, Ukraine ivuga ko yashushubikanyije ingabo z’Uburusiya mu mijyi myinshi zari zafasha, ikaba ishaka kwigarurira ubutaka bwayo igasubirana imipaka yahoranye mbere y’umwaka wa 1991.

Uburusiya nab wo bwamaze gufata intara zirimo Crimea (2014), ndetse na DONBASS aka gace kafashwe muri iyi ntambara nshya.

BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Mu mahanga

Muyaya yise intambara yo mu Burasirazuba bwa RDC akantu gato ku gihugu

1 Min Read
Mu mahanga

Ethiopia: Ikirunga cyarutse nyuma y’imyaka ibihumbi 12 gisinziriye 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?