BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, May 22, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > U Rwanda rwanenze ingabo za MONUSCO ziri muri DRC kunanirwa  inshingano zazo

U Rwanda rwanenze ingabo za MONUSCO ziri muri DRC kunanirwa  inshingano zazo

sam
Last updated: March 28, 2025 6:12 am
sam
Share
SHARE

U Rwanda rwanenze ingabo zoherejwe n’Umuryango w’Abibumbye (Loni) mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO) kunanirwa kubusohoza.

Byagarutsweho na Minisitiri W’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane w’u Rwanda Amb. Olivier Nduhungirehe ubwo yari mu nama y’akanama k’umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku isi kuri uyu wa 27 Werurwe 2025, yigaga ku bibazo byo muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo.

Amb. Nduhungirehe yanenze imikorere y’Ingabo za MONUSCO zimaze imyaka irenga 25 muri DRC nyamara zarananiwe gushyira mu bikorwa inshingano zazjyanye muri icyo Gihugu zo kurandura imitwe yose yitwaje intwaro, harimo n’umutwe wa FDLR w’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda, umaze imyaka irenga 30 mu Burasirazuba bwa DRC.

Yagize ati: “Ntidushobora kwizera amahoro niba intandaro y’ibi bibazo idakemutse. Mu byukuri, guhera mu 2003, iyi nama yongeye kwibutsa ko ari ngombwa gukemura ikibazo cya FDLR binyuze mu myanzuro irenga 20. Nyamara, nyuma y’ama miliyari y’amadorari yakoreshejwe mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro buhenze cyane mu mateka, kugera ku bisubizo bifatika biracyagoye.”

Amb. Olivier Nduhungirehe yagaragaje kandi ko u Rwanda rurenganywa buri gihe, rukikorezwa ibibazo bya Congo yananiwe gukemura ubwayo, ariko ko rutazatezuka gucunga umutekano warwo no kurinda ubusugire bw’igihugu.

Yagize ati “Intandaro y’aya makimbirane usubiye inyuma, mbere na mbere akomeza gutizwa umurindi n’umutwe witwara gisirikare w’abajenosideri wa FDLR, nubwo uzwiho ibikorwa by’ubwicanyi bushingiye ku moko, kwinjiza abana mu gisirikare, no guhungabanya umutekano mu Rwanda no muri RDC, birababaje kubona imwe mu miryango mpuzamahanga ikomeza kwirengagiza nkana ko utabaho.”

Nubwo bimeze bityo ariko, Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko u Rwanda rukomeje kwizera ko MONUSCO ishobora guhindura imikorere kandi ikagira uruhare runini mu gukemura ibyo bibazo, mu gihe yaba yubahirije inshingano zayo zo kurengera abaturage, kwita ku burenganzira bwa muntu ndetse ikaba yanatanga ubufasha mu nzira ziganisha ku mahoro arambye zihuriweho n’umuryango wa EAC na SADC.

Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko kugeza ubu mu kwishakamo ibisubizo, ubu hari imbaraga zihuriweho hagati ya EAC na SADC, nyuma y’uko hafashwe icyemezo cyo guhuza ibiganiro bya Luanda na Nairobi.

 

 

 

 

 

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Ubushinjacyaha bwasabiye Constant Mutamba gukurwaho ubudahangarwa kugira ngo atabwe muri yombi

Ubushinjacyaha bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwasabye Inteko Ishinga Amategeko kwambura…

Uganda: inkiko za gisirikare zigiye kujya ziburanisha abasivile

Inteko Ishinga Amategeko muri Uganda yatoye itegeko riha ububasha inkiko za gisirikare…

Umugore wa Joe Biden agiye kujyanwa mu nkiko kubera kutita ku mugabo we

Jill Biden umugore w’uwahoze ari perezida wa leta  zunze ubumwe za Amerika…

Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’intebe wa DRC yakatiwe imirimo y’agahato kubera ruswa

Urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwakatiye…

Umugore wibarutse akigera mu Rwanda avuye mu menyo ya FDLR, yahawe ibikoresho

Muhawenimana Ntagisanimana w’imyaka 24, ni umwe mu banyarwanda 1,165 bari barafashwe bugwate…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Nyabihu: Abashumba batemanye umwe ahasiga ubuzima

1 Min Read
Mu Rwanda

U Rwanda rwakiriye icyiciro cya Kabiri cy’Abanyarwanda barenga 790 bari barafashwe bugwate n’umutwe wa FDLR

2 Min Read
Mu Rwanda

Nyarugenge: Batawe muri yombi bazira kwiba imikufi mu imurikagurisha

2 Min Read
Mu Rwanda

Muri Bugesera Umugabo yapfiriye ku Kagali

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?