BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > U Rwanda rwahakanye amakuru y’uko hari abasirikare ba MONUSCO baruhungiyeho

U Rwanda rwahakanye amakuru y’uko hari abasirikare ba MONUSCO baruhungiyeho

admin
Last updated: July 27, 2022 3:22 pm
admin
Share
SHARE

Mu Burasirazuba bwa Congo hakomeje imyigaragambyo yamagana ingabo za UN zishinzwe kugarura amahoro muri kiriya gihugu zizwi nka MONUSCO, hari amakuru yasakaye ku mbuga nkoranyambaga avuga ko bamwe bahungiye mu Rwanda, gusa ngo si byo.

Ifoto yafashwe muri video igaragaza bamwe mu bagize MONUSCO bafite ibikapu mu ntoki basa n’abahunze

Imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO yatangiye ku wa Mbere w’iki Cyumweru i Goma yari yabanjieijwe n’indi yabaye ku wa Gatandatu I Goma nabwo ikozwe n’abagore gusa.

Nyuma y’uko ku wa Kabiri bihinduye isura, ndetse abigaragambya bagasahura ibiro bikuru bya MONUSCO, hari video yakwiye ku mbuga nkoranyambaga ivuga ko abasirikare ba MONUSCO “na bo babaye impunzi”.

Igihe cyose twagerageje guhamgara Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu ngo tumubaze niba hari impunzi u Rwanda rwakiriye kubera iyi myigaragambyo imaze iminsi i Goma, telefoni ye yacagamo ntayifate, n’ubutumwa bwa WhatsApp twamwandikiye ntiyabusubije.

UMUSEKE wabajije Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Rwanda kugira icyo avuga ku bijyanye n’ariya makuru y’uko hari abasirikare ba MONUSCO bahungiye mu Rwanda, mu magambo make Brig.Gen Ronard Rwivanga arabihakana ati “Oya. Nta yo mfite.”

Les Militaires de la @MONUSCO deviennent aussi des réfugiés😅 pic.twitter.com/hEzvxcxFpa

— Goma24 (@goma24news) July 26, 2022

Andi makuru yavuzwe ku mbuga nkoranyambaga ariko akanyomozwa, ni ayo kuba igihugu cya Malawi gishaka gucyura ingabo zacyo ziri mu zigize MONUSCO.

Twitter y’ukuri ya MONUSCO yanyomoje ayo makuru ivuga ko ari “fake news”

Ubutumwa bwa MONUSCO bugira buti “Abasirikare ba Malawi bari mu butumwa bw’amahoro, bakomeje kubana n’abandi mu ngabo za MONUSCO mu nshingano bafite zo kurinda abaturage b’abasivile. Ntabwo bigeze bava muri RD.Congo kandi n’uko kugenda kwabo nta guhari.”

Leta ya Congo mu kiganiro Umuvugizi wayo Patrick Muyaya yahaye Abanyamakuru ku wa Kabiri yavuze ko imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO imaze kugwamo abantu 15, barimo abasivile 12, Umusirikare wa MONUSCO ukomoka muri Maroc, n’Abapolisi babiri bakomoka mu Buhinde biciwe i Butembo, hakomeretse abantu barenga 60 barimo Umupolisi wa MONUSCO ukomoka mu Misiri.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice bya Minembwe,…

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

Intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zikomeje guhindura…

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?