BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > U Rwanda na Nigeria byasinye amasezerano agamije gusubiza abantu ku kwezi

U Rwanda na Nigeria byasinye amasezerano agamije gusubiza abantu ku kwezi

admin
Last updated: December 13, 2022 9:03 pm
admin
Share
SHARE

Ibiro by’umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro byatangaje ko kuri uyu wa Kabiri, tariki 13 Ukuboza 2022, Perezida Paul Kagame yaganiriye n’abayobozi batandakanye ku bijyanye n’uburyo Africa yakwinjira mu bushakshatsi bujyanye no kumenya isanzure.

Perezida Paul Kagame aganira n’abandi bayobozi bari kumwe mu ihuriro rya America na Africa rigamije guteza imbere ubushakashatsi mu by’isanzure

Perezida Paul Kagame muri iri huriro yari kumwe na Perezida wa Cameroon, Paul Biya, Umuyobozi w’ikigo gishinzwe isanzure cy’Abanyamerika, NASA, Bill Nelson, ndetse n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubushakashatsi mu by’isanzure muri Nigeria, Dr Ahmad.

U Rwanda na Nigeria byabimburiye ibindi bihugu bya Africa gusinya amasezerano ya Artemis Accords, agamije gusubiza abantu ku kwezi nibura mu mwaka wa 2025.

Mu kiganiro yatangiye muri iyi nama, Perezida Kagame yavuze ko ubumenyi bw’isanzure bufite uruhare rukomeye mu guhangana n’ibibazo bitandukanye byugarije Isi, aho yagaragaje ko u Rwanda rwiteguye kuba igicumbi cy’ibigo bitandukanye bikoresha ikoranabuhanga rishingiye ku bumenyi bw’isanzure.

Amasezerano ya Artemis agamije gusubiza abantu ku kwezi mu 2025, harimo no gukora ubushakashatsi ku yindi mibumbe irimo Mars, ku ruhande rw’u Rwanda yashyizweho umukono na Col Francis Ngabo, Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’u Rwanda gishinzwe iby’isanzure.

Ibihugu 21 byari byarasinye aya masezerano ya Artemis, birimo Brazil, Ubuyapani, Canada, Ubufaransa, Ubutaliyani, Singapole n’ibindi.

Muri Amerika hari kubera inama ihuza USA n’Afurika
Perezida Paul Kagame yavuze ijambo mu nama yiga ku by’isanzure

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?