BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, May 21, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > U Rwanda na DRC byamaze gushyikiriza Amerika imbanziriza mushinga y’amasezerano y’amahoro

U Rwanda na DRC byamaze gushyikiriza Amerika imbanziriza mushinga y’amasezerano y’amahoro

sam
Last updated: May 6, 2025 7:07 am
sam
Share
SHARE

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zamaze gushyikiriza Leta Zunze Ubumwe za Amerika umushinga w’amasezerano y’amahoro.

Byemejwe n’umujyanama wa perezida Trump mu butumwa yanyujije kurubuga nkoranyambaga rwa X ashima intambe nziza ibi bihugu byombi bimaze kugeraho.

Massad Boulos yagize ati “iyi ni intambwe ikomeye ku kuzuza ibyo biyemeje mu mu mirongo migari impande zombi ziheruka gusinya, kandi ndizera ko bakomeje kwiyemeza kugera ku mahoro.

Biteganyijwe ko hagati muri uku kwezi abashinzwe ububanyi n’amahanga ba DR Congo n’u Rwanda bahura na mugenzi wabo Marco Rubio wa Amerika kugira ngo bahurize hamwe inyandiko y’ibizaba bigize amasezerano y’amahoro.

Inyandiko z’umushinga w’amahoro zatanzwe na buri ruhande ukubiyemo ibyo buri ruhande rwifuza mu kugira ngo amahoro arambye aboneke.

DRCishinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 ubu ugenzura ibice bitandukanye mu ntara za Kivu ya Ruguru na Kivu y’Epfo ndetse n’imirwa mikuru y’izi ntara, Goma na Bukavu, ibirego ruhakana.

U Rwanda narwo rushinja DRC gufatanya n’umutwe wa FDLR urimo abasize bakoze jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda 1994.

Amerika  ivuga ko izi mpande zombi nizigera ku masezerano y’amahoro azakurikirwa n’ayi shoramari rya miliyari z’amadorari za kompanyi z’Abanyamerika mu bucukuzi n’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro muri DR Congo n’u Rwanda.

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Ubushinjacyaha bwasabiye Constant Mutamba gukurwaho ubudahangarwa kugira ngo atabwe muri yombi

Ubushinjacyaha bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwasabye Inteko Ishinga Amategeko kwambura…

Uganda: inkiko za gisirikare zigiye kujya ziburanisha abasivile

Inteko Ishinga Amategeko muri Uganda yatoye itegeko riha ububasha inkiko za gisirikare…

Umugore wa Joe Biden agiye kujyanwa mu nkiko kubera kutita ku mugabo we

Jill Biden umugore w’uwahoze ari perezida wa leta  zunze ubumwe za Amerika…

Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’intebe wa DRC yakatiwe imirimo y’agahato kubera ruswa

Urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwakatiye…

Umugore wibarutse akigera mu Rwanda avuye mu menyo ya FDLR, yahawe ibikoresho

Muhawenimana Ntagisanimana w’imyaka 24, ni umwe mu banyarwanda 1,165 bari barafashwe bugwate…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Amb. Uwihanganye yatanze impapuro zo guhagararira u Rwanda muri Brunei

1 Min Read
Politike

RDC yashyizeho komisiyo idasanzwe ishinzwe gusuzuma icyemezo cyo gukuraho ubudahangarwa  Joseph Kabila .

1 Min Read
Politike

Minisitiri Kayikwamba yongeye gushinja u Rwanda guhungabanya umutekano wa DRC

3 Min Read
Politike

Algeria yirukanye abakozi 15 ba Ambasade y’u Bufaransa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?