BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Aziya > U Bushinwa guhangayikishijwe n’Imibare y’abashyingiranwa ikomeje kugabanuka

U Bushinwa guhangayikishijwe n’Imibare y’abashyingiranwa ikomeje kugabanuka

sam
Last updated: February 11, 2025 1:00 pm
sam
Share
SHARE

Umubare w’abashyingiranwa mu Bushinwa wagabanyutse ku kigero cya 20% mu 2024. Uyu mwaka wabaye uwa mbere mu mateka habaye igabanyuka nk’iri muri iki gihugu.

Ibi byabaye leta isanzwe ishyira imbaraga mu gushishikariza urubyiruko kubaka ingo no kubyara, mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cyo kugabanyuka kw’abaturage.

Ahanini mu Bushinwa, benshi bavuga ko kuba urubyiruko rudafite inyota yo gushinga ingo no kugira abana, bifitanye isano n’ikiguzi cy’imibereho n’uburezi bw’abana kiri hejuru cyane.

Imibare yatangajwe na Minisiteri ishinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage mu Bushinwa igaragaza ko mu 2024 imiryango yashyingiwe yari miliyoni 6,1, ivuye kuri miliyoni 7,68 mu mwaka wabanje.

Impuguke mu by’imibare y’abaturage yo muri Kaminuza ya Wisconsin-Madison, Yi Fuxian, yavuze ko ibi ari ibintu bidasanzwe, kuko no mu 2020 aho icyorezo cya Covid-19 cyari cyaratumye ibintu byinshi bizamba, umubare w’abashyingiranwa wagabanyutseho 12,2% gusa.

Umubare w’abashyingiranwe mu Bushinwa mu 2024 wari munsi ya kimwe cya kabiri cy’abashyingiranwe mu 2013, aho bari miliyoni 13,47.

Umubare w’abana bavuka mu Bushinwa wagiye ugabanuka, bitewe na politiki yo kubyara umwana umwe mu muryango, yari yaremejwe muri iki gihugu mu myaka yo hagati ya 1980 na 2015.

Mu rwego rwo guhangana n’iki kibazo, leta y’u Bushinwa mu 2024 yafashe ingamba zitandukanye zirimo gusaba za kaminuza gutanga amasomo yo gukundisha abantu urukundo, agamije guhindura imyumvire y’urubyiruko.

Ku rundi ruhande, imiryango irenga miliyoni 2,6 yatse gatanya mu 2024, bigaragaza ubwiyongere bwo ku kigero cya 1,1% ugereranyije n’umwaka wa 2023.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Aziya

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

2 Min Read
Aziya

Abashinwa 7 bakatiwe imyaka 20 y’igifungo muri Afurika y’Epfo bazira gucuruza abantu

4 Min Read
Aziya

Leta y’u Bushinwa igiye kujya iha ababyeyi 500 $ ku mwana mu rwego rwo kuzamura imbyaro

3 Min Read
Aziya

Umwongereza ukomoka mu Buhinde niwe  niwe mugenzi wenyine  warokotse impanuka y’ indege ya AirIndia

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?