BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, May 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > U Burayi buzasenyuka: Merkel wayoboye u Budage yatanze umuburo

U Burayi buzasenyuka: Merkel wayoboye u Budage yatanze umuburo

sam
Last updated: May 26, 2025 10:05 am
sam
Share
SHARE

Angela Merkel wabaye Chancelière w’u Budage yavuze ko gahunda zo gukumira abimukira no gufunga imipaka y’u Burayi bizaganisha uyu Mugabane mu manga, nyuma y’uko u Budage bushyizeho ingamba zikakaye zigamije gukumira abimukira binjira muri icyo gihugu.

Uyu muyobozi yanenzwe cyane kuri politiki ye yo gufungura umupaka, dore ko ku buyobozi bwe mu Budage hinjiye abimukira barenga miliyoni imwe hagati ya 2015 na 2016.

Gusa ibintu byarahindutse kuko Minisitiri w’Umutekano mu Budage, Alexander Dobrindt, aherutse guhagarika ibikorwa byo gusaba ubuhungiro byose byakorerwaga ku mipaka yo ku butaka, bivuze ko n’abimukira binjiraga mu Burayi bafite intego yo kuzasaba ubuhungiro bageze ku mupaka w’u Budage, bambuwe ayo mahirwe.

Kuri Merkel, asanga ibi bihabanye n’amahame yo koroshya urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU).

Uyu mugore uherutse kwandika igitabo yise ’Freedom’ yavuze ko mu gihe ibihugu biri muri EU bikwiye kwemeranya ku ngamba zifatirwa abimukira, atanga umuburo ati “bitabaye ibyo, dushobora kubona u Burayi busenyuka.”

Nyuma y’uko iki cyemezo gifashwe, ku mipaka y’u Budage hari umubare w’abantu babujijwe kwinjira, aho inzego z’umutekano ziherutse gutanga umuburo zivuga ko abo bantu bashobora kuba ari benshi ku buryo kubarindira umutekano birenze ubushobozi bwabo.

Mu mpera z’icyumweru gishize, abapolisi ibihumbi bitatu boherejwe ku mipaka, biyongera ku bandi ibihumbi 11 bari bahashyizwe, icyakora ibi nabyo ntibihagije, nk’uko abasesenguzi bakomeza kubisobanura.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

DRC: Kabila yagiranye ibiganiro n’abanyamadini

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila, ari…

Hatangajwe itariki y’Ibirori byo kwita  Abana b’Ingagi izina

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwatangaje ko umuhango ngarukamwaka wo Kwita Izina abana…

Marocco n’u Rwanda bigiye guhanganira kwakira Formula 1

Marocco n’ u Rwanda kimwe n’Afurika y’epfo ni bimwe mu bihugu bigiye…

Gen Mubarakh Muganga na bagenzi be bo muri Afurika bahuriye muri Kenya

Umugaba Mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, yitabiriye inama y’abagaba bakuru…

Museveni ahamya ko Leta ya RDC ifite uruhare mu mutekano wazambye

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yahamije ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Umwanditsi w’Umunya-Kenya,Prof Ngũgĩ wa Thiong’o, yitabye Imana , ku myaka 87.

3 Min Read
Mu mahanga

Leta ya RDC yashoye miliyari y’Amadolari mu nzego z’umutekano mu 2025

2 Min Read
Mu mahanga

Kenya: Abanyeshuri batwitse inzu bararagamo kubera ko bimwe uruhushya rwo kureba Match

2 Min Read
Mu mahanga

Abanya-Palestina bagera kuri 24 bapfiriye mu bitero bya Israeli

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?