BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Nov 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > U Bubiligi burasaba u Rwanda kumvisha M23 guhagarika imirwano

U Bubiligi burasaba u Rwanda kumvisha M23 guhagarika imirwano

admin
Last updated: November 2, 2022 10:32 am
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububligi, unashinzwe imirimo y’Ubumwe bw’Uburayi n’ubucuruzi  mpuzamahanga, Hadja Lahhib, yatangaje ko kuwa 31 Ukwakira 2022, yahamagaye kuri telefoni mugenzi we  w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, baganira ku kibazo cy’umutekano mucye mu Burasirazuba bwa Congo.

Dr Vincent Biruta yaganiriye na mugenzi we w’UBubiligi

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ishinja uRwanda gushyigikira umutwe wa M23, ibintu rutahwemye kugaragaza ko ari ibinyoma.

Mu butumwa bwe yavuze ko “Dr Biruta Vincent, baganiriye ku kibazo kiri mu Burasirazuba bwa Congo, u Bubiligi bwasabye  umutwe wa M23 kurekera kurwana ako kanya ndetse ukanarekura muri tumwe mu duce yafashe kandi hakabaho inzira y’ibiganiro nk’uko byemejwe i Luanda na Nairobi.”

Minisitiri Hadja Lahhib, yasabye “u Rwanda gutanga umusanzu n’uburyo bwose bushoboka rukumvisha  M23 ko ikwiye  guhagarika imirwano no kurekura uduce yigaruriye.”

Uyu mutegetsi yavuze ko abasivile  bari kugirwaho n’ingaruka n’iyo mirwano kandi ko hari umubare mwinshi w’abamaze kuvanwa mu byabo.

Ububiligi busaba ko abaturage bagizweho n’ingaruka bahabwa uburenganzira ndetse ko amahame mpuzamahanga arengera uburenganzira bwa muntu yubahirizwa, ingabo z’Umuryango w’Abibumbye MONUSCO zikarinda abasivile.

Minisitiri Hadja Lahhib yavuze ko u Bubiligi bunenga bwivuye inyuma amagambo y’urwango n’ihohotera ribakorerwa ,basaba ko imbwirwaruhame zishishikariza urwango mu baturage zihagarara.

Umuryango w’Ubumwe bw‘u Burayi uheruka gusaba ko amasezerano y’amahoro yasinywe hagati ya M23 na Leta ya Congo ashyirwa mu bikorwa kuko ari yo nzira yonyine ishoboka.

Uyu muryango  nawo wahamagariye umutwe wa M23 kurekura uduce wafashe ndetse isaba n’indi mitwe yose igaragara mu Burasirazuba bwa Congo kurambika intwaro hasi.

Bisa nkaho amahanga yahagurukiye umutekano mucye mu Burasirazuba bwa Congo nubwo Congo yo ikomeje kubyegeka ku Rwanda.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi yasabye M23 guhagarika kurwana

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
5 Comments
  • Kubwimana Rene says:
    November 2, 2022 at 9:21 pm

    Yagakwiye kunvisha reta ya Congo ikicara ku meza Amwe na M23 nkabavandimwe bakikemurira ikibazo nka ba Congoman ibyo nibyo byonyine bizazana amahoro (Home grown solution).naho kubivangamo Leta za mahanga ntagisubizo kirambye bizatanga.

    Reply
  • Q says:
    November 2, 2022 at 11:46 pm

    Niba yasabye M 23 guhagarika imirwano kuri Twitter ntakigenda,najye mubirindiro byabo abibasabe imbonankubone!

    Reply
  • MUVUNYI says:
    November 3, 2022 at 9:48 am

    Ikibazo gikomeye nk’iki ntikivugirwa kuri TWITTER. Nafate agakoni k’abakobwa, abwire TSISEKEDI na benewabo, bubahirize amasezerano bagiranye n’iyo M23. Basinye basinziriye SE?
    Yongere kandi abibutse ko abo barimo kwamagana, bafite uburenganzira busesuye bungana n’ubwo abandi banyecongo; Bumve ko aho barimo birukanwa, ari ubutaka bw’abasekuruza babo. Nibanga kumva, abibutse ko buriya butaka, DRC yabubonye, iguhu cye , aribwo BUBILIGI BWA LEOPOLD II, umwami wabo w’icyo gihe, abwambuye U RWANDA mu nama yahuje ibihangange ku isi by’icyo gihe(ABAMI) yabere I BERLIN taliki ya 26/2/1885. Abumvishe ko niba bakomeje gutoteza ababa bantu, hazatumizwa indi nama IGITARAGANYA , maze amasezerano agasubirwamo, kuko uwasinye niwe usinyura. Wirukana umugabo cyera ukamumara ubwoba.

    Reply
  • MUGUTA says:
    November 3, 2022 at 11:20 am

    Ababiligi nibo ba mbere bakwiye kubazwa amacakubiri bateye mu bihugu bakolonije, bakagira nuruhare mu gukemura
    amakimbirane aharangwa, urwango ruri hagati yabaturage batuye RDC, BURUNDI , RWANDA nibo babishimangiye barangije
    bacamo ibice ibihugu basiga abaturage ku mpande zombi zbihugu bihana i mbibi, bagenda badakemuye ibibazo nubu ingaruka
    ziracyadukurikirana, nibabanze bemeze ko abantu bavuga i kinmyarwanda bose bari mu bihugu bybiyaga bigari bose atarabanyarwanda
    hakurikireho ibarura rusange ryabo bantu nibihugu byabo , kandi ubu biravugwa ko abavuga ururimi rwikinyarwanda bamaze kuba miliyoni 60 mu karere kose…..ibya M23, BITIRIRA U Rwanda ntibizabuza isano dufitanye na bene wacu bose aho bari bageze kubwamateka, ntabwo isura yumurtu ivuga igihugu ukomokamo nkuko abaswa babanyekongo babyitiranya bagendegeye kuri ideologie rutwitsi yigishijwe ikanashyirwa mubikorwa ninterahamwe zo mu RWANDA arizo zahindutse FDLR yidegembya muri RDC

    Reply
  • lg says:
    November 3, 2022 at 4:56 pm

    M23 nabanyeCongo asaba u Rwanda kubabwira guhagarika imirwano se u Rwanda nirwo rubategeka !!ahubwo nibasabe Leta ya Congo bumvikane ataribyo niyo haza ingabo zivuyehe ntiziteze kuzabakura hariya icyo birengagiza nuko ali iwabo ababiligi bo. ntibakavuge ubusa ibibazo byose biri Congo u Burundi u Rwanda nibo babiteye amacakubiri ubugome ubwicanyi abo nibo babizanye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

3 Min Read
Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Mu mahanga

Uvira:Umusirikare WA FARDC yarashwe na bagenzi be ubwo yashakaga kwivugana umukuriye

1 Min Read
Mu mahanga

Colonel Fureko yakubiswe hafi gushirano umwuka

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?