BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Tshisekedi, Kagame, Samia, Ndayishimiye baritabira irahira rya William Ruto

Tshisekedi, Kagame, Samia, Ndayishimiye baritabira irahira rya William Ruto

admin
Last updated: September 13, 2022 7:08 am
admin
Share
SHARE

Abakuru b’Ibihugu bya Africa y’Iburasirazuba, bamwe bageze muri Kenya abanda bemeje ko bajyayo kwitabira irahira rya William Ruto watorewe kuyobora Kenya.

William Ruto aramutsa Perezida Felix Tshisekedi

William Ruto yatangaje ko yakiriye Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi ku biro by’Umukuru w’Igihugu, Karen Office i Nairobi.

Yagize ati “Twishimira umubano wa kivandimwe uri hagati ya Repubulika ya Demokarasi ya  Congo na Kenya, watumye habaho kureba amahirwe y’ubufatanye mu bukungu n’imibereho afasha abaturage b’ibihugu byombi.”

Ibiro bya Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu, ndetse n’ibiro bya Perezida Evariste Ndayishimiye, ubu uyoboye Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba, na byo byemeje ko aba Bakuru b’ibihugu bitabira uyu muhango.

Perezida Paul Kagame we yaraye ageze muri Kenya ku mugoroba wo ku wa Mbere, akaba yagiranye ibiganiro na William Ruto.

Ibiro bya Perezida Paul Kagame byatangaje ko yagiranye ibiganiro na Perezida Filipe Nyusi wa Mozambique na we uri muri Kenya.

Kuri Twitter ya Village Urugwiro, banditse ko “Abakuru b’Ibihugu baganiriye ku gukomeza ubufatanye busanzweho hagati y’u Rwanda na Mozambique.”

Abandi Bakuru b’ibihugu bageze muri Kenya barimo uwa Congo Brzazzaville, Denis Sassou-N’guesso, Minisitiri w’Intebe w’Ubwami bwa Eswatini, Cleophas Dlamini n’umugore we Lomvula Dlamini.

Biteganyijwe ko Abakuru b’Ibihugu na Guverinoma bagera kuri 20 bitabira biriya birori.

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida Filipe Nyusi wa Mozambique
Felix Tshisekedi n’intumwa ze baganira na William Ruto
Perezida wa Komisiyo ya Africa yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat na we ari i Nairobi

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Pingback: Abakuru b’Ibihugu bya EAC bose bitabiriye irahira rya William Ruto – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Ubutegetsi bwa Perezida Suluhu bwahakanye gufunga Dr. Mpango wari Visi Perezida

2 Min Read
Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Mu mahanga

Twirwaneho yasobanuye icyayiteye guhanura kajugujugu y’abacanshuro

3 Min Read
Mu mahanga

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?