BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Trump yategetse ko igice kimwe cya ’White House’ gisenywa

Trump yategetse ko igice kimwe cya ’White House’ gisenywa

admin
Last updated: October 21, 2025 2:12 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yategetse ko igice kimwe cy’ingoro y’Umukuru w’Igihugu (White House) gisenywa kugira ngo hashyirwe icyumba kinini cy’imyidagaduro.

Ku wa 19 Ukwakira 2025 ni bwo ibikorwa byo gusenya iki gice giherereye mu burasirazuba bwa White House, ubusanzwe cyakoreragamo umugore w’Umukuru w’Igihugu.

Trump abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, yatangaje ko ibikorwa byo gusenya byamaze gutangira, ati “Hari kubakwa inyubako nyinshi ndetse muzagenda mubyumva rimwe na rimwe, kandi byamaze gutangira.”

Leta ya Amerika yatangaje ko zimwe mu nyubako zo mu gice cy’iburazirazuba bw’ibiro by’Umukuru w’Igihugu zubatswe mu 1902, ziza kuvugururwa mu 1942.

Trump yavuze ko ikibuga kizubakwa cyifujwe mu myaka 150 ndetse ko kizaba gifite ubuso bwa metero kare 8361 kuko igisanzwe kitabashaga kwakira abantu 200.

Yagaragaje ko atishimiraga kwakirira abarimo abami, abamikazi, abaperezida n’abaminisitiri ahantu hasanzwe.

Trump yavuze ko uyu mushinga uzagenda waguka ku buryo iki cyumba gishobora kuzagira ubushobozi bwo kwakira abantu 999 kuko bamwe mu bayobozi b’ibigo by’ubucuruzi bikomeye bazatanga inkunga ya miliyoni 250$.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Intambara iratutumba hagati ya Amerika na Venezuela 

2 Min Read
Amerika

Amerika yamaganye uburyo agahenge katubahirizwa muri RDC

2 Min Read
Amerika

Guhura kwa perezida Trump na Putin kwateje impagarara

2 Min Read
Amerika

Ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryiyongereyeho 25% muri uyu mwaka_Raporo ya Loni

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?