BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 21, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

admin
Last updated: March 21, 2026 6:05 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yavuze iki Gihugu cyifuza kuganira na Iran ariko ko nta ‘muntu wo kuganira’ uhari nyuma y’iyicwa ry’abari abayobozi b’iki Gihugu.

Trumo yabitangaje kuri uyu wa Gatanu muri White House, aho yagize ati “Turi mu bihe bigoye. Turashaka kuvugana na bo, kandi nta muntu wo kuvugana uhari. Nta muntu bafite twavugaga. Kandi murabizi ko duhora twifuza ubwo buryo.”

Yagize ati: “Abo mu ngabo zabo zirwanira mu mazi barapfuye. Ab’Ingabo zabo zirwanira mu kirere baragiye. Abo mu ngabo zo mu kirere na bo ni uko baragiye. Bose byaragiye. Radar yabo yaragiye. Abayobozi babo bose baragiye.”

Yagize ati “Noneho nta muntu ushaka kuba umuyobozi muri icyo gihugu.”

Nubwo yavuze ibyo, Trump yongeye gushimangira ko intego ya Leta Zunze Ubumwe za America ikomeje kubuza Iran gutunga intwaro za kirimbuzi.

Yagize ati “Ntituzabareka ngo bagire intwaro za kirimbuzi, kuko iyo baza kuzigira, bari kuzikoresha” yongera kugaya abakomeje kumunenga ko yashoye America bitari ngombwa.

Trump yavuze kandi ko Minisitiri w’Ingabo, Pete Hegseth, yari muri White House ubwo hakorwaga ibitero, avuga ko yari afite amahitamo yo kugenda ariko ko yahisemo kuhaguma.

Perezida kandi yavuze ko hari byinshi yagezeho ku rugamba, avuga ko imitungo ikomeye y’ingabo za Iran yangijwe mu minsi micye ishize.

Yagize ati: “Bari bafite ingabo za gisirikare zirwanira mu mazi mu byumweru bibiri bishize. Nta ngabo zirwanira mu mazi bafite ubu. Byose ubu biri mu ndiba y’inyanja, amato 58 yibiye mu minsi ibiri.”

Iyi ntambara Amerikana Israel bashoje kuri Iran imaze ibyumweru bitatu ,yateye ihungabana ry’ubukungu Ku Isi kubera ko ibikomoka kuri peteroli bikomeje kuzamuka KU isoko mpuzamahanga.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Trump yaciye amarenga yo guhagarika ibitero kuri Iran vuba

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yaciye amarenga ko…

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yavuze iki Gihugu…

M23 yateye utwatsi ibyo kuvana ingabo i Bukavu

Umutwe wa AFC/M23 wabeshyuje inkuru z’uko wasabye ingabo zawo ziri mu mujyi…

RDC: ADF yishe abantu 50 mu cyumweru kimwe

Umutwe w’iterabwoba wa ADF wishe abaturage 50 bo muri teritwari ya Mambasa,…

Kenya: Abakora mu by’indege bateguje indi myigaragambyo

Ihuriro ry’abakora muri serivisi z’indege muri Kenya (KAWU) ryatangaje ko abanyamuryango baryo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Iran yemeje urupfu rw’Umuyobozi w’Inama y’Umutekano yayo

2 Min Read
Amerika

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

3 Min Read
Amerika

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

2 Min Read
Amerika

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?