BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Jun 9, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Trump yashinje Elon Musk gukoresha ibiyobyabwenge

Trump yashinje Elon Musk gukoresha ibiyobyabwenge

sam
Last updated: June 9, 2025 8:06 am
sam
Share
SHARE

Perezida Donald Trump yashinje umunyemari Elon Musk wari inshuti ye magara ndetse bakoranye bya hafi kuva yakongera gutorerwa kuyobora Amerika, gukoresha ibiyobyabwenge.

Amakuru dukesha Washington Post, avuga ko Trump yari amaze iminsi yarabwiye abakozi bo muri White House kwitondera Elon Musk, asaba Visi Perezida, JD Vance, kwigengesera mu byo amubwira byose.

Umubano wa Trump na Elon Musk watangiye kuvugwamo urunturuntu ubwo uyu munyemari yasezeraga ku buyobozi bw’ikigo DOGE, gifite inshingano zo gufasha Guverinoma ya Amerika kugabanya amafaranga ikoresha.

Yifashishije urubuga Nkoranyambaga rwa X, Elon Musk yahise atangira kwandika ko yatandukanye na Trump kuko adashyigikiye umushinga we w’itegeko ry’ingengo y’imari.

Uyu mugabo yakomeje yibasira Trump, avuga ko iyo atamugira atari gutsinda amatora ya Perezida, ndetse agaragaza ko hakwiriye gutangira urugendo rwo kumweguza.

Kimwe mu byavugishije abantu benshi ni ubutumwa Elon Musk yashyize hanze avuga ko Trump afite aho ahuriye n’ibyaha byo guhohotera abagore byahamijwe Jeffrey Epstein, ari nayo mpamvu yanze gushyira hanze inyandiko z’ibyaha uyu mugabo yakoze.

Nyuma yo kwibasirwa bikomeye, Donald Trump yatangiye guhamagara abantu batandukanye kuri telefone, ababwira ko “Elon Musk yabaswe n’ibiyobyabwenge”.

Mu bihe bitandukanye Elon Musk yagiye ashinjwa gukoresha ibiyobyabwenge cyane cyane igihe yari mu bikorwa byo kwamamaza Donald Trump.

Mu 2024, Elon Musk yigeze gutangaza ko yakoresheje umuti wa Ketamine ufatwa nk’ikiyobyabwenge, ariko abigiriwemo inama n’abaganga.

Uku gukoresha ibiyobyabwenge bivugwa ko aribyo byagiye biba intandaro y’amakimbirane Elon Musk yagiranye n’abayobozi ba Amerika barimo Umuyobozi wa White House, Susie Wiles na Minisitiri w’Imari, Scott Bessent, habuze gato ngo bafatane mu mashati.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Kivu y’epfo: I Rugezi imirwano yongeye gufata indi ntera

Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere ihuriro ry’ingabo za leta ya…

Gen Muhoozi yategetse ko Col James Kasule ushinjwa ubujura arekurwa

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba yamaganye ifatwa rya Col…

Zimbabwe: Inzovu zigiye kwicwa basaranganye inyama zazo

Zimbabwe irateganya kwica inzovu nyinshi no gusaranganya inyama zazo mu rwego rwo…

Ukraine itewe impungenge n’uko ’drones’ zikomeje kuyibana iyanga

Igisirikare cya Ukraine gihangayikishijwe n’ikibazo cy’ubuke bw’indege zitagira abapilote (drones) ugereranyije n’izo…

Trump yashinje Elon Musk gukoresha ibiyobyabwenge

Perezida Donald Trump yashinje umunyemari Elon Musk wari inshuti ye magara ndetse…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Billy Joel yahishuye ko yagerageje kwiyahura inshuro ebyiri

4 Min Read
Amerika

Inzira zabyaye amahari hagati ya perezida Trump n’umuherwe Elon Musk

3 Min Read
Amerika

Amerika yirukanye Abahinde barenga 1 000

2 Min Read
Amerika

Abakozi babiri ba Ambasade ya Israel barasiwe i Washington DC

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?