BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 5, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Trump yahamije ko Amerika izakomeza guha intwaro Ukraine

Trump yahamije ko Amerika izakomeza guha intwaro Ukraine

sam
Last updated: July 4, 2025 9:13 am
sam
Share
SHARE

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yanyomoje ibimaze iminsi bivugwa mu itangazamakuru ko bahagaritse kohereza intwaro ndetse n’ibikoresho bya gisirikare muri Ukraine.

Trump yavuze ko nubwo Amerika ikomeje kohereza intwaro muri Ukraine ariko bakwiriye kugenzura neza ko nabo basigarana intwaro zizabafasha mu kubarindira umutekano ndetse n’inshuti zabo.

Amakuru yagarutsweho mu ntangiriro z’iki cyumweru yagaragazaga ko Amerika yahagaritse kohereza intwaro zirimo missile zo mu bwoko bwa Patriot, Hellfire, GMLRS ndetse n’izindi zitandukanye zari koherezwa gufasha iki gihugu guhangana n’u Burusiya.

Mu kiganiro Trump yagiranye n’abanyamakuru, yavuze ko ibyo atari ukuri ahubwo yongera gusubiramo ibiheruka gutangazwa na Minisiteri y’Ingabo (Pentagon) n’ibiro by’umukuru w’igihugu (White House) muri Amerika, ko icyemezo cyo kugabanya intwaro zoherezwa muri Ukraine kubera ko hari hakwiriye kubanza kwita ku nyungu zabo bwite.

Ati “Turi gutanga intwaro ariko n’ubundi tumaze igihe dutanga intwaro nyinshi kubera ko murabizi ko Biden yatanze nyinshi cyane rero dukwiriye kubanza kumenya ko tugira izo dusigaza ku ruhande rwacu ziduhagije.”

Amakuru dukesha ikigo cy’ubushakashatsi cyo mu Budage, Kiel Institute, agaragaza ko Amerika imaze gutanga ubufasha mu bya gisirikare kuri Ukraine bufite agaciro ka miliyari 115$ kuva intambara bahanganyemo n’u Burusiya yatangira mu 2022.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Amerika: Abantu 24 bamaze gupfira mu mwuzure

Abantu 24 bamaze gupfira mu mwuzure wibasiye abaturage muri Leta ya Texas…

Burundi: Abiganjemo urubyiruko bugarijwe n’ikiyobyabwenge kiri kubahindura abasazi

Abiganjemo urubyiruko bugarijwe n’ikiyobyabwenge bise 'Boost' kivangavanzemo ibinyabutabire nka Cocaine n’ibindi. Iyi…

Leta ya DRC igize icyo ivuga ku biganiro byayo na AFC/M23 i Doha

Guverinoma ya Repubulika iharanira demokarasi ya Congo ku nshuro yambere ivuze ku…

Perezida Kagame yashimye umuhate wa Trump ku kibzo cya RDC ugereranije n’abandi

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko ubutegetsi bwa Donald Trump uyoboye Leta Zunze…

Perezida Kagame yavuze icyo u Rwanda ruzakora DRC nidasenya FDLR 

Perezida Paul Kagame yavuze ku ishyirwa mu bikorwa ry'amasezerano y'amahoro aherutse gushyirwaho…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Syria iri mu byishimo byo gukurirwaho ibihano by’ubukungu

1 Min Read
Amerika

Iran yagaragaje icyo yifuza mbere yo gusubukura ibiganiro na Amerika

2 Min Read
Amerika

Iran yari yivuganye uwahoze ari Umunyamabanga wa Amerika

1 Min Read
Amerika

Iran yemeje ko ibikorwaremezo bya nucléaire byayo byarashweho bikangirika bikomeye

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?