BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 21, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Trump yaciye amarenga yo guhagarika ibitero kuri Iran vuba

Trump yaciye amarenga yo guhagarika ibitero kuri Iran vuba

admin
Last updated: March 21, 2026 6:16 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yaciye amarenga ko mu gihe cya vuba azahagarika ibitero ingabo z’igihugu cye ziri kugaba kuri Iran guhera tariki ya 28 Gashyantare 2026.

Ku wa 20 Werurwe, Trump yatangarije ku rubuga Truth Social ko Amerika iri gusatira intego yihaye muri ibi bitero zirimo kugabanya ubushobozi Iran ifite mu bijyanye na misile n’intwaro zizirasa, gusenya inganda za gisirikare, gusenya igisirikare kirwanira mu mazi no mu kirere no kuyibuza gukora intwaro kirimbuzi.

Uyu Mukuru w’Igihugu yasobanuye ko Amerika iri hafi yo kugera ku ntego yo kurinda ku rwego rwo hejuru ibihugu by’inshuti biri mu Burasirazuba bwo Hagati birimo Israel, Arabie Saoudite, Qatar, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Bahrain na Koweit.

Yagize ati “Turi gusatira intego zacu mu gihe dutekereza guhagarika ibikorwa byacu bya gisirikare bikomeye mu Burasirazuba bwo Hagati byerekeye kuri Leta y’Iterabwova ya Iran.”

Trump yari yaratangaje ko Amerika izohereza ubwato bw’intambara mu muyoboro wa Hormuz kugira ngo yifatanye n’ibindi bihugu kurinda umutekano wawo, mu gihe ingabo za Iran zigerageza kuwufunga zigamije guhagarika ibikomoka kuri peteroli biwunyuramo.

Ariko ku wa 20 Werurwe yaraye atangaje ko umuyoboro wa Hormuz ugomba kurindirwa umutekano ariko ko atari Amerika izabikora, ahubwo ko ari inshingano y’ibihugu biwukoresha, icyakoze ngo nisabwa ubufasha, izabutanga.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Trump yaciye amarenga yo guhagarika ibitero kuri Iran vuba

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yaciye amarenga ko…

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yavuze iki Gihugu…

M23 yateye utwatsi ibyo kuvana ingabo i Bukavu

Umutwe wa AFC/M23 wabeshyuje inkuru z’uko wasabye ingabo zawo ziri mu mujyi…

RDC: ADF yishe abantu 50 mu cyumweru kimwe

Umutwe w’iterabwoba wa ADF wishe abaturage 50 bo muri teritwari ya Mambasa,…

Kenya: Abakora mu by’indege bateguje indi myigaragambyo

Ihuriro ry’abakora muri serivisi z’indege muri Kenya (KAWU) ryatangaje ko abanyamuryango baryo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Iran yemeje urupfu rw’Umuyobozi w’Inama y’Umutekano yayo

2 Min Read
Amerika

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

3 Min Read
Amerika

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

2 Min Read
Amerika

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?