BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Travis Greene wari utegerejwe iKigali ibyo kuharirimbira byajemo kidobya

Travis Greene wari utegerejwe iKigali ibyo kuharirimbira byajemo kidobya

admin
Last updated: December 6, 2022 8:20 am
admin
Share
SHARE

Umuramyi Travis Montorius Greene wari utegererejwe kuririmbira mu rw’imisozi igihumbi ku nshuro ye ya mbere,yasubitse igitaramo yari afite kuwa 8 Ukuboza 2022, avuga ko  imitegurire yacyo itakozwe kinyamwuga.

Umuhanzi Travis Green yasubitse igitaramo yari afite mu Rwanda na Uganda

Uyu muhanzi mu Rwanda yari yatumiwe n’ikigo cya RG Consult Inc, aho byari byitezwe ko azafatanya n’abahanzi b’indirimbo zihimbaza Imana b’imbere mu gihugu.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Travis Montorius Greene uri kubarizwa muri Nigeria, yavuze ko ababajwe bikomeye n’uko atakibashije gutaramira mu Rwanda no muri Uganda kubera amakosa y’uwamutumiye muri ibi bitaramo utabashije kumwishyurira amatike y’indege.

Yagize ati “Mfite umutima umenetse wo kubamenyesha inkuru y’uko ntagitaramiye mu Rwanda no muri Uganda kuko nta tike y’indege nigeze ngurirwa n’uwantumiye. Turi muri Afurika, twifuzaga gufatanya namwe kuramya no guhimbaza Imana ku Cyumweru, hashize igihe abamfasha bari kuganira n’uwantumiye utari umunyamwuga! Ndi kubasengera ngo abaguze amatike byibuza ayabasubize.”

Icyakora  uyu muhanzi yatangaje ko gahunda z’ibitaramo azikomereza mu bihugu bya Kenya na Zimbabwe.

Ku ruhande rwa RG Consult Inc, yateguraga iki gitaramo, mu itangazo basohoye kuri uyu wa kabiri tariki ya 6 Ukuboza 2022, bemeje isubikwa ry’iki gitaramo nubwo bo bateruye bavuge impamvu,basaba abari baraguze amatike kubagana ngo basubizwe amafaranga.

Yagize iti “RG-Consult inc, ifatanyije na ELOAH RISE MINISTRIES yo muri Uganda,itangaje ko igitaramo cya Kigali Praise Fest  cyari giteganyijwe kuwa 8 Ukuboza 2022, cyatumiwemo umuramyi w’umunyamerika cyasubitswe.”

Aba batangaje ko bakiri mu biganiro n’uyu muramyi, ku buryo umwaka utaha hazatangazwa andi matariki  y’iki gitaramo.

Aba basabye imbabazi abakunzi b’uyu muhanzi ndetse abari baguze amatariki bizezwa kusubiza.

Travis Montorius Greene, umuririmbyi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana wavukiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu 1984, yari ategerejwe mu Rwanda mu gitaramo ngarukamwaka cya Kigali Praise Fest 2022.

Ni igitaramo byari byitezwe ko cyari kubera muri Camp Kigali, aho kwinjira byari byashyizwe ku bihumbi 10 Frw mu myanya isanzwe, ibihumbi 20 Frw mu myanya ya VIP, ibihumbi 40 Frw mu myanya ya VVIP ndetse n’ameza y’abantu 10 yaguraga ibihumbi 350 Frw ku bari batangiye kugura amatike mbere.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
Imyidagaduro

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?