BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 28, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

admin
Last updated: February 28, 2026 4:59 pm
admin
Share
SHARE

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imyaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo Team, yegukanye agace ka karindwi ka Tour du Rwanda.

Aka gace kahagurukiye mu Mujyi wa Musanze kerecyeza mu Mujyi wa Kigali ariko abakinnyi banyuze mu Karere ka Gicumbi, kari gafite ibilometero 147,2.

Aka gace katangiye ku isaha ya saa tanu (11:00), abakinnyi batangiye ari 67, aho umwambaro w’umuhondo w’uyoboye irushanwa ku rutonde rusange yari Umudage Moritz Kretschy, wanakomeje kubiharanira arawugumana.

Ubwo abakinnyi bari bageze mu bilometero 12, abakinnyi batatu bikuye mu gikundi ari bo Novak ukinira ikipe ya Movistar, Cisneros ukinira ikipe ya Soudal na Martins ukinira Localiza, ndetse bashyiramo ikinyuranyo cy’amasegonda 20″ hagati yabo na Peloton.

Mu bilomtero 16, peloton na yo yatangiye gucikamo ibice, aho hari igice cyavutse kijya kugarura abakinnyi batatu bari bamaze kuyikuramo.

Mu bilometero 17, abakinnyi batandatu bari bamaze kuva mu gikundi, ari bo De Clercq and Cisneros (Soudal), Aman (Istanbul), Araya (Eritrea), Manizabayo (Benediction), Martins (Localiza), na bo bashyiramo ikinyuranyo cy’amasegonda 20’’.

Bageze mu bilometeri 27, peloton yari imaze gufata breakaway ubwo bari bageze ahantu hamanuk,a ariko umukinnyi Thompson ukinira Lotto akora atake.

Mu bilometero 30 abakinnyi babiri ba Movistar ari bo Novak na Parera bari bamaze gushyikira Thompson, bahita bakora Breakaway yabo, ndetse bayobora isiganwa igihe kinini, kugeza binjiye mu Mujyi wa Kigali.

Aba bakinnyi batatu bageze mu bilometero 35, bamaze gushyira ikinyuranyo hagati yabo na Peloton cy’umunota 1’05”, ndetse ikinyuranyo gikomeza kwiyongera, kuko bageze mu bilometero 45 bamaze gushyiramo 1’45”, ariko cyongera kumanuka ubwo bageraga mu bilometero 49 ubwo bari bamaze gushyiramo umunota 1’35’’.

Bageze mu bilometero 54, umukinnyi w’Umunyarwanda Manizabayo Eric nawe yakoze atake ya Peloton, ariko na yo ikomeza kumurya insataburenge.

Bageze mu bilometero 77 ikinyuranyo hagati ya Breakaway na Peloton cyongeye kuzamuka aho cyari kimaze kuba umunota 1’45”, ndetse bagera mu bilometero 93 kigeze ku munota 1’50” bagera mu bilometero 100 ikinyuranyo kimaze kuba iminota 2’20’’, bagera mu bilometero 112 cyamaze kuba iminota 3’. Bageze mu bilomtero 10 bya nyuma, ikinyuranyo cyari cyamaze kugabanuka kimaze kuba 45.

Umukinnyi umwe wa Movistar wari kumwe na Thomson yahise acika intege, asigana mugenzi we na Thomson na we waje kumwataka, ndetse arinda agera mu mapavi yo kwa Mutwe ari wenyine, ariko peloton iza kumusangamo akizamuka, ihita inamucaho.

Abakinnyi b’Abanya-Eritrea bagaragazaga ko bashaka kwegukana aka gace, ariko Umunya-Brazil Runo Ribeiro ukinira Soudal Quick-Step Devo Team, akora atake, ndetse anegukana aka gace.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

RwandAir yasubitse ingendo zijya i Doha kubera intambara yo muri Iran

Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu Kirere RwandAir yatangaje ko yasubitse…

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imyaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo…

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

Ingabo za Israel (IDF) zongeye kugaba igitero gikomeye muri Iran nyuma y’amezi…

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagaragaje…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
Imikino

Camarade ari mu mazi abira nyuma yo gutangariza perezida wa Gorilla FC

3 Min Read
Imikino

RSSB Tigers BBC yegukanye FERWABA Super Cup 2026 ihigitse APR BBC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?