BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Social Mula agiye gutaramira ab’i Rubavu

Social Mula agiye gutaramira ab’i Rubavu

admin
Last updated: October 6, 2022 12:55 am
admin
Share
SHARE

Umwe mu bahanzi b’Abanyarwanda uri mu bakunzwe n’imbaga nyamwinshi witwa Social Mula (amazina ye ni Mugwaneza Lambert) ategerejwe mu gitaramo gikomeye mu Mujyi wa Gisenyi ho mu Karere ka Rubavu.

Umuhanzi Social Mulla ategerejwe mu Karere ka Rubavu

Azataramira ahazwi nka Erica Night Club ahahoze hitwa [ La Tour Eiffel] kuri uyu wa gatanu tariki 07 Ukwakira 2022 mu ijoro ryitezwemo udushya twinshi.

Uyu muhanzi uherutse kuririmba muri bimwe mu bitaramo mu gihugu cy’u Burund,i avuga ko yiteguye gusendereza ibyishimo abazitabira kiriya gitaramo afite i Rubavu.

Social Mula uherutse gukorana indirimbo na Khalifan Govinda bise “Bipe” azaba arikumwe n’abavanga imiziki bakunzwe muri kariya Karere barimo Selekta Daddy na Dj Jackson.

Nyiri kariya kabyiniro katumiye Social Mula yabwiye UMUSEKE ko iki gitaramo kizaba ari imbaturamugabo kandi ko abazacyitabira bose bazanyurwa.

Ati “Nagiye nganira n’abakunzi be hano i Rubavu by’umwihariko abatugana, baramushaka kandi ni umuhanzi mwiza ushoboye, numvise ibyifuzo byabo.”

Social Mula nawe yagize ati “Ndifuza gukora igitaramo cy’amateka, nkashimisha abakunzi b’umuziki nyarwanda n’abafana banjye muri rusange. Abafana banjye nzakora ibishoboka byose kugira ngo batahe banyuzwe.”

Uretse gushimisha abakunzi be, avuga ko  yari akumbuye abakunzi be b’i Rubavu abasaba ubwitabire bwo hejuru.

Iki gitaramo kizatangira saa moya z’ijoro kugeza bwije aho kwinjira ari amafaranga ibihumbi bitatu y’u Rwanda.

MUNEZERO MILLY FRED / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Imyidagaduro

Urubanza rw’abakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho ya Yampano atera akabariro rwasubitswe

2 Min Read
Imyidagaduro

Abambere basakaje amashusho ya Yampano bagejejwe imbere y’urukiko

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?