BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 7, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Sitting Volleyball: U Rwanda rwageze muri ¼ cy’Igikombe cy’Isi

Sitting Volleyball: U Rwanda rwageze muri ¼ cy’Igikombe cy’Isi

admin
Last updated: November 8, 2022 9:22 am
admin
Share
SHARE

Mu mikino y’Igikombe cy’Isi ya Volleyball ikinwa n’abafite ubumuga iri kubera mu gihugu cya Bosnie-Hérzegovine, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda mu bagore, yakoze amateka yo kugera muri ¼ nta mukino n’umwe itsinzwe.

U Rwanda rwakoze atarakorwa n’undi ku mugabane wa Afurika muri Sitting Volleyball

Ku wa Mbere tariki 7 Ugushyingo 2022, u Rwanda rwakinnye imikino ibiri mu bagore, ari  nayo yaruhesheje kugera mu makipe azakina ¼.

Ikipe y’igihugu y’umukino wa sitting Volleyball y’abagore yakoze amateka yo kuba ikipe ya mbere yo ku mugabane wa Afurika yaba mu bagabo no mu bagore, igeze mu mikino ya ¼ ya shampiyona y’Isi mu mukino wa Volleyball ikinwa n’abafite ubumuga [Sitting Volleyball] idatsinzwe umukino n’umwe.

Ibi yabigezeho nyuma yo gutsinda ikipe y’igihugu ya Hongrie umukino wa nyuma wo mu itsinda A yari ihereremo amaseti 3-1(25-14,25-18, 21-25,25-21). Uyu mukino wari wabanjirijwe n’undi yatsinze Ukraine amaseti 3-2.

Usibye u Rwanda, ibindi bihugu byageze muri ¼ bidatsinzwe, ni ikipe ya Leta Zunze Ubumwe za America n’ikipe y’igihugu ya Brésil.

Kuri uyu wa Kabiri u Rwanda ruragaruka mu kibuga Saa sita n’iminota 45 z’amanaywa za Kigali, abagabo barakina umukino wo guhatanira umwanya wa Cyenda uza kubahuza n’ikipe yi’igihugu ya Canada, naho Saa moya n’iminota 45 za Kigali, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore ize gukina umukino wa ¼ uyihuza n’ikipe iraba yakomeje hagati ya Slovenie na Finland.

Amateka akomeje kwiyandika

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro itsinda ry’abayobozi muri Samruk-Kazyna, Ikigega cy’Ubukungu…

Amerika yahamije ko itazumvikana na Iran keretse nimanika amaboko

Perezida wa Amerika, Donald Trump yatangaje ko nta biganiro bigamije ubwumvikane biteze…

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryohereje abarwanyi kabuhariwe hafi y’Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya…

MINEMA yasabye abatuye mu manegeka kwimuka kubera imvura nyinshi

Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Gen Maj (Rtd) Albert Murasira, yasabye Abanyarwanda kwirinda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru zindi

MONUSCO na ICGLR byagiye gusuzuma uko umutekano uhagaze muri Uvira

2 Min Read
Inkuru zindi

DRC : Umusirikare wa FARDC yasabiwe igihano cy’imyaka 10 azira amafoto yasakaye ku karubanda asomana n’umukunzi we

2 Min Read
Inkuru zindi

RDC: Imiryango y’ababuriye ababo mu mpanuka y’ubwato yigaragambije

2 Min Read
Inkuru zindi

DRC: Perezida Tshisekedi yategetse iperereza ku mpanuka y’ubwato

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?