BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Sitting Volleyball: U Rwanda rwageze muri ¼ cy’Igikombe cy’Isi

Sitting Volleyball: U Rwanda rwageze muri ¼ cy’Igikombe cy’Isi

admin
Last updated: November 8, 2022 9:22 am
admin
Share
SHARE

Mu mikino y’Igikombe cy’Isi ya Volleyball ikinwa n’abafite ubumuga iri kubera mu gihugu cya Bosnie-Hérzegovine, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda mu bagore, yakoze amateka yo kugera muri ¼ nta mukino n’umwe itsinzwe.

U Rwanda rwakoze atarakorwa n’undi ku mugabane wa Afurika muri Sitting Volleyball

Ku wa Mbere tariki 7 Ugushyingo 2022, u Rwanda rwakinnye imikino ibiri mu bagore, ari  nayo yaruhesheje kugera mu makipe azakina ¼.

Ikipe y’igihugu y’umukino wa sitting Volleyball y’abagore yakoze amateka yo kuba ikipe ya mbere yo ku mugabane wa Afurika yaba mu bagabo no mu bagore, igeze mu mikino ya ¼ ya shampiyona y’Isi mu mukino wa Volleyball ikinwa n’abafite ubumuga [Sitting Volleyball] idatsinzwe umukino n’umwe.

Ibi yabigezeho nyuma yo gutsinda ikipe y’igihugu ya Hongrie umukino wa nyuma wo mu itsinda A yari ihereremo amaseti 3-1(25-14,25-18, 21-25,25-21). Uyu mukino wari wabanjirijwe n’undi yatsinze Ukraine amaseti 3-2.

Usibye u Rwanda, ibindi bihugu byageze muri ¼ bidatsinzwe, ni ikipe ya Leta Zunze Ubumwe za America n’ikipe y’igihugu ya Brésil.

Kuri uyu wa Kabiri u Rwanda ruragaruka mu kibuga Saa sita n’iminota 45 z’amanaywa za Kigali, abagabo barakina umukino wo guhatanira umwanya wa Cyenda uza kubahuza n’ikipe yi’igihugu ya Canada, naho Saa moya n’iminota 45 za Kigali, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore ize gukina umukino wa ¼ uyihuza n’ikipe iraba yakomeje hagati ya Slovenie na Finland.

Amateka akomeje kwiyandika

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru zindi

DRC : Umusirikare wa FARDC yasabiwe igihano cy’imyaka 10 azira amafoto yasakaye ku karubanda asomana n’umukunzi we

2 Min Read
Inkuru zindi

RDC: Imiryango y’ababuriye ababo mu mpanuka y’ubwato yigaragambije

2 Min Read
Inkuru zindi

DRC: Perezida Tshisekedi yategetse iperereza ku mpanuka y’ubwato

2 Min Read
Inkuru zindi

Barafinda Sekikubo yongeye gutanga kandidatire ku mwanya wa perezida

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?