BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Sitting Volleyball: Abagabo byongeye kwanga, abagore byongera gucamo

Sitting Volleyball: Abagabo byongeye kwanga, abagore byongera gucamo

admin
Last updated: November 6, 2022 1:16 am
admin
Share
SHARE

Muri shampiyona y’Isi ya Volleyball ikinwa n’abafite ubumuga iri kubera mu gihugu cya Bosnie-Hérzegovine, ikipe ihagarariye u Rwanda mu bagabo yatsinzwe umukino wa Kabiri, mu gihe bashiki babo bo batsinda uwa Kabiri ahubwo.

Abakobwa bakina Sitting Volleyball bo bakomeje kwesa imihigo

U Rwanda mu bagore rwatsinze Bosnie-Hérzegovine amaseti 3-0 mu gihe mu bagabo amahirwe yo gukomeza yatangiye kuyoyoka.

Ni imikino yabaye kuwa Gatandatu tariki 5 Ugushyingo 2022, ubwo hakinwaga imikino y’umunsi wa Kabiri.

Amakipe abiri ahagarariye u Rwanda yose yamanutse mu kibuga, aho ikipe y’igihugu mu bagabo ari yo yabanje gukina ntabwo umunsi wabaye mwiza kuri yo kuko yatsinzwe n’u Buhorandi amaseti tatu kuri abiri.

Iseti ya mbere u Rwanda rwayitwaye ku manota 25-20, iseti ya Kabiri iba 20-25, iseti ya Gatatu iba 22-25 iseti ya Kane iba 25-23, mu gihe iseti ya kamarampaka u Rwanda rwayitsinzwe ku manota 11-15.

Nyuma y’uyu mukino, hakurikiye umukino w’abagore, bakinaga na Bosnie-Hérzegovine ari nacyo gihugu cyakiriye iyi mikino.

Nk’uko byagenze ku mukino wa Mbere, ninako byongeye kugenda kuko ntiwagoye u Rwanda.

Rwawutsinze ku maseti atatu ku busa. Iseti ya mbere yarangiye ari amanota 25-10, iseti ya kabiri iba 25-9, iseti ya gatatu iba amanota 25-9.

Ikipe y’igihugu mu bagore yahise itsinda imikino ibiri iyemerera itike yo kurenga amatsinda, mu gihe ikipe y’igihugu mu bagabo yo yatsindwaga umukino wa Kabiri bituma ijya habi.

Ikipe y’Igihugu y’abagabo yo byanze

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?