BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Simba yabonye undi muterankunga uzayiha arenga miliyani 10$

Simba yabonye undi muterankunga uzayiha arenga miliyani 10$

admin
Last updated: August 1, 2022 4:07 pm
admin
Share
SHARE

Ni umuhango wabaye ku manywa yo kuri uyu wa Mbere nk’uko Simba SC yabitangaje ibicishije ku mbuga nkoranyambaga zayo.

Simba SC izahabwa arenga miliyari 10$

Aya masezerano afite agaciro ka miliyari 26 na miliyoni 100 z’amashilingi akoreshwa muri Tanzania [asaga miliyoni 11 z’amadolari] mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere.

Umwaka wa mbere Simba SC izahabwa miliyari enye na miliyoni 670 z’amashilingi yo muri Tanzani, uwa Kabiri ihabwe miliyari enye na miliyoni 925, uwa Gatatu ihabwe miliyari eshanu na miliyoni 205, uwa Kane ihabwe miliyari ihabwe miliyari eshanu na miliyoni 514 mu gihe uwa Gatanu izahabwa miliyari eshanu na miliyoni 853.

Umuyobozi ushinzwe ubuzima bwa Simba SC [CEO], Barbara Gonzalez, yavuze ko gukorana na M-Bet ntako bisa kuko ari ikompanyi isanzwe ikomeye mu bucuruzi.

Ati “Ku izina rinini rya Simba, ni ngombwa gukorana n’ikompanyi iyoboye mu bucuruzi bakora. Nimureba M-Bet barayoboye muri Tanzania.”

Allen Mushi ushinzwe ubucuzi muri Simba SC, yahamije ko gukorana n’iyi kipe bizazamura izina rya M-Bet mu gihe imbere no hanze yacyo.

Ati “Twizeye ko nka M-Bet gukorana na Simba tizimenyekanisha imbere no hanze ya Tanzania.”

Mu minsi ishize, ikipe ya Yanga SC nayo yaherukaga gusinyana amasezerano y’ubufatanye na SportPesa afite agaciro ka miliyari 12 na miliyoni 335 z’amashilingi ya Tanzania.

CEO wa Simba SC, Barbara Gonzalez yahamije ko M-Bet yagombaga gukorana n’yi kipe

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?