BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Aug 9, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Seninga Innocent yatandukanye na Etincelles FC

Seninga Innocent yatandukanye na Etincelles FC

sam
Last updated: August 5, 2025 11:44 am
sam
Share
SHARE

Umutoza Seninga Innocent wari umaze iminsi 20 bitangajwe ko azakomezanya na Etincelles FC, yayisezeyeho ayishinja kumusuzugura kuko itamuhaye amasezerano.

Seninga yatoje Etincelles FC kuva muri Mutarama uyu mwaka, ayifasha kuguma mu Cyiciro cya Mbere.

Ku wa 15 Nyakanga 2025 ni bwo iyi kipe yatangaje ko Seninga Innocent azakomeza kuba Umutoza wayo mu mwaka w’imikino wa 2025/26.

Kuva icyo gihe, uyu mutoza yari yatangiye akazi, ariko kuri uyu wa Kabiri ntiyagaragaye ku myitozo ndetse yahamirije IGIHE ko yahisemo kureka izo nshingano kubera ibyo yise agasuzuguro.

Ati “Handika ibaruwa umuntu ufite akazi kandi ikigaragaza ko uri umukozi ni amasezerano. Nta mpamvu yo kwandika kuko nari umunyakiraka, kuko nta faranga na rimwe ryabo nahawe.”

Yongeyeho ati “Yewe n’amafaranga yo kumfasha gutangira akazi, Perezida yayoherereje umwe mu bo bakorana ngo ayampe arayarya. Ibyo rero nabifashe nk’agasuzuguro. Ikindi banyimye uburenganzira mu kijyanye na kugura abakinnyi, mbereka abakinnyi nifuza bakabanga, bakizanira ababo bakabasinyisha ntabizi kandi ari njye uzabazwa umusaruro.”

Seninga yashimangiye ko bitumvikana uburyo yamaze ibyumweru bitatu nta masezerano, ariko Lomami Marcel waje kumwungiriza agahita ayahabwa

Ati “Ni gute ushobora kumbwira ukuntu umutoza mukuru amara iminsi 20 nta masezerano afite, mukazana umutoza wungirije akabona amasezerano mu munsi umwe? Ni agasuzuguro gakabije.”

IGIHE yagerageje kuvugana na Perezida wa Etincelles FC, Ndorimana Enock ndetse n’Umunyamabanga Mukuru wayo, Bagoyi Sultan Basoul, ariko ntibaboneka kuri telefoni.

Seninga yatozaga Etincelles ku nshuro ya gatatu nyuma y’uko yayibayemo mu 2016 na 2019

Andi makipe yatoje arimo Police FC, Bugesera FC, Musanze FC, Sunrise FC na Gendarmerie Nationale FC yo muri Djibouti.

Yabaye kandi Umutoza Wungirije mu Ikipe y’Igihugu ’Amavubi’ ndetse ajya yifashishwa n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) mu guhugura abandi batoza.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Urukiko rwateye utwatsi icyifuzo cya Besigye cyo gufungurwa by’agateganyo

Umucamanza wo muri Uganda yateye utwatsi icyifuzo cya Dr. Kiiza Besigye cyo…

APR Fc yongeye gutombora Pyramide Fc muri CAF Champions League

APR FC yongeye gutombora Pyramids FC yo mu Misiri mu ijonjora ry'ibanze…

Museveni yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru aba Jenerali barindwi avuga ko abapfunyikiye impamba y’agatubutse

Perezida wa Uganda Yoweli Kaguta Museveni yayoboye umuhango wo gusezera ku ba…

Perezida Zelensky yamaganye gahunda yo guhura kwa Trump na Putin bahanganye

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yamaganye ibiganiro by’imbonankubone bizahuza Donald Trump na…

Kigali: Abantu 10 batawe muri yombi bakekwaho ibirimo gutobora inzu z’abaturage bakiba

Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali, iratangaza ko yafashe abantu 10 mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Hamenyekanye amakipe 12 azitabira CECAFA Kagame Cup

1 Min Read
Imikino

Amatora ya FERWAFA ntavugwaho rumwe n’abagize komite nyobozi

2 Min Read
Imikino

Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

2 Min Read
Imikino

AS Kigali yungutse umutoza mushya

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?