BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Umutekano > Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

sam
Last updated: July 30, 2025 2:49 pm
sam
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof. Faustin Archange Touadera yambitse imidali y’ishimwe abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro no kubungabunga umutekano muri Repubulika ya Santarafurika (MINUSCA), abashimira uko bitwara mu kazi kabo.

Ibirori byabereye mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu mu Murwa mukuru Bangui ku wa Kabiri tariki ya 29 Nyakanga 2025 byitabiriwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Santarafurika, Olivier Kayumba, Umugaba Mukuru w’Ingabo za FACA ndetse n’abandi bayobozi mu nzego za Leta.

Mu ijambo rye, Perezida Touadéra yashimye uburyo abasirikare b’u Rwanda bitanze nta kiguzi, ubumenyi n’ubushobozi mu bya gisirikare berekanye n’ubutwari mu bihe bikomeye by’umutekano.

U Rwanda na Centrafrique bisanzwe bifitanye umubano uhamye mu mikoranire ishingiye mu bya gisirikare.

Kuva mu 2014, u Rwanda rufite ingabo muri Centrafrique zoherejweyo mu rwego rw’ubutumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye.

Ingabo z’u Rwanda uretse kuba zifatanya n’izindi ziri mu butumwa bwa Loni mu kugarura amahoro no kuyabungabunga ariko zinafasha abaturage mu bikorwa bibateza imbere birimo umuganda no gutanga ubuvuzi.

Ibihugu byombi kandi bifitanye amasezerano y’ubufatanye yatumye u Rwanda rwohereza izindi ngabo muri Centrafrique mu 2020, aho barinda Abayobozi bakuru b’Igihugu, Inzego za Leta ndetse ubu bari no gutoza abasirikare b’icyo Gihugu mu kubafasha kwiyubakira igisirikare gihamye.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Amatora ya FERWAFA ntavugwaho rumwe n’abagize komite nyobozi

Bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse…

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Umutekano

Inyeshyamba za AFC / M23 zikomeje kwigarurira aduce muri teritwari ya Masisi, mu majyaruguru ya Kivu.

1 Min Read
Umutekano

AFC/M23 yamaganye ubwicanyi bwakorewe abasivile bo muri Ituri

2 Min Read
Umutekano

Masisi: AFC/M23 yafashe akandi gace nyuma yo kugabwaho igitero na Wazalendo

2 Min Read
Umutekano

M23 na Wazalendo byongeye gukozanyaho

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?