BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Saloon ya Kimenyi na Miss Muyango yafunze imiryango

Saloon ya Kimenyi na Miss Muyango yafunze imiryango

admin
Last updated: November 9, 2022 1:34 pm
admin
Share
SHARE

Nyuma y’imyaka ibiri gusa umunyezamu wa Kiyovu Sports, Kimenyi Yves atangije umushinga wa Saloon de Coiffure, iyi nzu yamaze gufunga imiryango kubera igihombo.

Mu 2020 Kimenyi Yves nibwo yari yatangije iyi Saloon de Coiffure

Muri Kanama 2020, ni bwo Kimenyi Yves yatangije Saloon de Coiffure itunganya imisatsi y’abagore ikanogosha abagabo n’abagore. Iyi Saloon yiswe ‘KA Clipperz’ yari iherereye i Gikondo ahazwi nka Sgeem mu Akarere ka Kicukiro.

Umugore w’uyu mukinnyi, Miss Muyango ni we wari ushinzwe ubuzima bwa buri munsi bw’iyi Saloon de Coiffure.

Amakuru UMUSEKE wamenye, ni uko iyi nzu itunganya imisatsi yamaze gufunga imiryango kubera igihombo yaguyemo.

Uwatanze amakuru avuga ko uwari uyishinzwe [Miss Muyango], asigaye yarahaye umwanya munini ibyo yerekejemo byo gutegura ibitaramo byo mu tubari.

Nyiri ubwite [Kimenyi], kugeza ubu ntacyo aratangaza kuri uku gufunga imiryango kw’iyi Saloon ye n’ubwo ubwo yayishingaga yavugaga ari igikorwa cyari kije kunganira akazi ke ko gukina.

Icyo gihe yagize ati “Natekereje business natangiza. Nitegereje ukuntu nkunda gukoresha amafaranga menshi njya kwiyogoshesha kugira ngo nse neza ku mutwe, kandi nkabona na bagenzi banjye b’abakinnyi ari uko, nahisemo kuba ariyo ntangiza. Nabiganirije bamwe mu bakinnyi b’inshuti zanjye, babinshyigikiramo, ndatangira.”

Mu minsi ishize abandi bakinnyi batangije ibikorwa birimo iby’ubucuruzi, barimo umunyezamu wa Police FC, Mvuyekure Emery, Iradukunda Eric Radu, Usengimana Dany, Mazimpaka André n’abandi.

Saloon yamaze gufunga imiryango
Ni Saloon yari irimo ibikoresho bihagije
Kimenyi yiyogoseshereje muri iyi Saloon ari uwa Mbere

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Mugisha says:
    November 10, 2022 at 8:53 am

    azongere ayiyogoshesherezemo ari uwa nyuma ubundi ashyireho ingufuri nini bihwaniremo.

    Reply

Leave a Reply to Mugisha Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye uzasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?