BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Saloon ya Kimenyi na Miss Muyango yafunze imiryango

Saloon ya Kimenyi na Miss Muyango yafunze imiryango

admin
Last updated: November 9, 2022 1:34 pm
admin
Share
SHARE

Nyuma y’imyaka ibiri gusa umunyezamu wa Kiyovu Sports, Kimenyi Yves atangije umushinga wa Saloon de Coiffure, iyi nzu yamaze gufunga imiryango kubera igihombo.

Mu 2020 Kimenyi Yves nibwo yari yatangije iyi Saloon de Coiffure

Muri Kanama 2020, ni bwo Kimenyi Yves yatangije Saloon de Coiffure itunganya imisatsi y’abagore ikanogosha abagabo n’abagore. Iyi Saloon yiswe ‘KA Clipperz’ yari iherereye i Gikondo ahazwi nka Sgeem mu Akarere ka Kicukiro.

Umugore w’uyu mukinnyi, Miss Muyango ni we wari ushinzwe ubuzima bwa buri munsi bw’iyi Saloon de Coiffure.

Amakuru UMUSEKE wamenye, ni uko iyi nzu itunganya imisatsi yamaze gufunga imiryango kubera igihombo yaguyemo.

Uwatanze amakuru avuga ko uwari uyishinzwe [Miss Muyango], asigaye yarahaye umwanya munini ibyo yerekejemo byo gutegura ibitaramo byo mu tubari.

Nyiri ubwite [Kimenyi], kugeza ubu ntacyo aratangaza kuri uku gufunga imiryango kw’iyi Saloon ye n’ubwo ubwo yayishingaga yavugaga ari igikorwa cyari kije kunganira akazi ke ko gukina.

Icyo gihe yagize ati “Natekereje business natangiza. Nitegereje ukuntu nkunda gukoresha amafaranga menshi njya kwiyogoshesha kugira ngo nse neza ku mutwe, kandi nkabona na bagenzi banjye b’abakinnyi ari uko, nahisemo kuba ariyo ntangiza. Nabiganirije bamwe mu bakinnyi b’inshuti zanjye, babinshyigikiramo, ndatangira.”

Mu minsi ishize abandi bakinnyi batangije ibikorwa birimo iby’ubucuruzi, barimo umunyezamu wa Police FC, Mvuyekure Emery, Iradukunda Eric Radu, Usengimana Dany, Mazimpaka André n’abandi.

Saloon yamaze gufunga imiryango
Ni Saloon yari irimo ibikoresho bihagije
Kimenyi yiyogoseshereje muri iyi Saloon ari uwa Mbere

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Mugisha says:
    November 10, 2022 at 8:53 am

    azongere ayiyogoshesherezemo ari uwa nyuma ubundi ashyireho ingufuri nini bihwaniremo.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye uzasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports

1 Min Read
Imikino

Hoteli ya FERWAFA yatangiye gukora nyuma y’imyaka irenga 10 yubakwa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?