BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Sadio Mané azajyana na Sénégal muri Qatar

Sadio Mané azajyana na Sénégal muri Qatar

admin
Last updated: November 12, 2022 12:07 am
admin
Share
SHARE

Rutahizamu w’ikipe y’Igihugu ya Sénégal na Bayern Munich yo mu Budage, Sadio Mané uheruka kugira imvune, yashyizwe mu bakinnyi Aliou Cissé azajyana mu gikombe cy’Isi kizabera muri Qatar.

Sadio Mané azajyana na bagenzi be gukina igikombe cy’Isi kizabera muri Qatar

Ikipe y’igihugu ya Sénégal yamaze gutangaza urutonde rw’abakinnyi 26 izajyana mu gihugu cya Qatar mu mikino y’igikombe cy’Isi kibura iminsi icyenda kigatangira. Kuri urwo rutonde rwahamagawe harimo n’umukinnyi Sadio Mané ukinira ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage.

Uyu mukinnyi w’imyaka 30 y’amavuko aherutse kugira ikibazo cy’imvune mu mukino ikipe ye yakinaga na Werder Bremen yatumye atarangiza uwo mukino kuko yahise akurwa mu kibuga. Hari mu ijoro ryo ku wa kabiri w’icyi Cyumweru ku 8 Ugushyingo, 2022.

Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Senegal Aliou Cissé mu guhamagara abakinnyi azifashisha mu gikombe cy’Isi yavuze ko yahamagaye Mane kuko yizeye ko azakira vuba akabafasha gukina imikino y’igikombe cy’Isi.

Mané ni we wahesheje ikipe y’igihugu cye igikombe cya Afurika giheruka ubwo yateraga penaliti ya nyuma ikijyamo bagahita basezerera Misiri ku mukino wa nyuma.

Umutoza Cissé yongeyemo abakinnyi batatu bonyine ku bo yifashishije mu mikino y’igikombe cya Afurika. Abakinnyi bashya yongeyemo ni Ismail Jakobs (Monaco), Nicolas Jackson (Villa Real) na Ilimane Ndiaye (Sheffield United). Aba bakinnyi bose ni ubwa mbere bamahagawe mu ikipe y’igihugu.

Abakinnyi umutoza Aliou Cissé yahamagaye:

Abanyezamu: Seny Dieng (Queens Park Rangers), Alfred Gomis (Stade Rennes), Eduoard Mendy (Chelsea)

Ba myugariro: Fode Ballo Toure (AC Milan), Pape Abou Cisse (Olympiakos), Abdou Diallo (RB Leipzig), Ismail Jakobs (Monaco), Kalidou Koulibaly (Chelsea), Formose Mendy (Amiens), Youssouf Sabaly (Real Betis)

Abakina hagati: Pathe Ismael Ciss (Rayo Vallecano) Krepin Diatta (Monaco), Idrissa Gana Gueye (Everton), Pape Gueye (Olympique Marseille), Cheikhou Kouyate (Nottingham Forest), Mamdou Loum (Reading), Nampalys Mendy (Leicester City), Moustapha Name (Pafos FC), Pape Matar Sarr (Tottenham Hotspur)

Abasatira izamu: Sadio Mané (Bayern Munich), Boulaye Dia (Salernitana), Famara Diedhiou (Alanyaspor), Bamba Dieng (Olympique Marseille), Nicolas Jackson (Villarreal), Ilimane Ndiaye (Sheffield United), Ismaila Sarr (Watford).

Sénégal iri mu itsinda rya mbere[A] aho iri kumwe n’igihugu cya Qatar cyakiriye igikombe cy’Isi cy’uyu mwaka wa 2022. Amakipe y’ibihugu biri mu itsinda rimwe n’Ubuhorandi, Qatar na Équateur.

Sénégal izakina umukino wa mbere n’Ubuhorandi ku 21 Ugushyingo, hazaba ari ku wa mbere saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

Urutonde Aliou Cissé yahamagaye harimo na Sadio Mané uheruka kugira imvune yatanze benshi

Rukimirana Trésor/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

RSSB Tigers BBC yegukanye FERWABA Super Cup 2026 ihigitse APR BBC

2 Min Read
Imikino

APR FC yatsinze Gasogi United yakinaga nk’ikipe y’abato

3 Min Read
Imikino

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

1 Min Read
Imikino

Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli SC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?