BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Rwatubyaye yakuyeho igihu ku kuba yakina mu Rwanda

Rwatubyaye yakuyeho igihu ku kuba yakina mu Rwanda

admin
Last updated: August 8, 2022 9:16 am
admin
Share
SHARE

Myugariro w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, Rwatubyaye Abdul, yahamije ko yakongera gukina mu Rwanda kwe bishoboka ariko atajya mu ikipe yose ibonetse.

Rwatubyaye Abdoul amaze iminsi akora imyitozo muri AS Kigali

Uyu myugariro wakiniraga FC Shkupi yo muri Macédonie y’Amajyaruguru, amaze iminsi agaragara akorana imyitozo na AS Kigali nyuma y’imvune yari yaragize.

Aganira n’itangazamakuru ku Cyumweru tariki 7 Kanama 2022, Rwatubyaye yavuze ko gukina mu Rwanda bishoboka.

Ati “AS Kigali ni ukumfasha kugira ngo ngaruke kuko nari maze iminsi mu mvune. Kuvugana iby’ibanze nta byinshi nabivugaho kuko nta kirakorwa, ntabwo ari ibintu byo gutangaza.”

Yakomeje agira ati “Ubu icy’ingenzi ni ukugaruka, urebye ni yo ntego ihari. Kiyovu, APR… ibyo byose ni ibigenda bivugwa, abantu bavuga ibyo bishakiye. Aha ni mu rugo, kuba nakinira hano birashoboka.”

Hashize iminsi havugwa ko mu makipe amwifuza harimo AS Kigali, Rayon Sports, Kiyovu Sports na APR FC, ariko uyu mukinnyi yavuze ko atari buri kipe yakwerekezamo.

Ati “Ntabwo ari ikipe yose najyamo. Ni ukuba ikipe ifite intego, ikipe ifite amarushanwa mpuzamahanga, ni intego umuntu agenda arebaho kugira ngo agaruke mu bihe.”

Rwatubyaye yavuze ko hari ibyo yaganiriye na FC Shkupi ubwo yari amaze kuvunika, ndetse ahamya ko muri iyi kipe hamaze kumera nk’iwabo ha handi yungutse.

Ati “Ntabwo navuga ko twatandukanye kuko urebye umubano mfitanye na Shkupi ntabwo ari umubano navuga ngo ni ha handi umukinnyi aza akagenda cyangwa se aza akahaguma. Dufite umubano mwiza.”

Yongeyeho ati “Ubu bari gukina amarushanwa y’i Burayi, bari ku rwego rwo hejuru, kuba nava mu mvune nkahita ntagira gukina ni ibintu bitashoboka. Ntabwo natandukanye na bo burundu, icyo ndeba imbere ni ukugarura urwego rwanjye.”

Uyu myugariro yavunitse tariki ya 22 Mutarama uyu mwaka ubwo FC Shkupi yatsindaga Sumqay FK ibitego 2-1.

Yari amaze umwaka yerekeje muri Macédonie nyuma yo kuva muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yahawe amezi umunani adakina kubera iyo mvune ku gatsitsino.

Rwatubyaye yemeje ko ashobora gukina mu Rwanda ariko atari mu ikipe yose yakinira

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

2 Min Read
Imikino

AS Kigali yungutse umutoza mushya

1 Min Read
Imikino

Yanga SC yitegura Rayon Sports yabonye umutoza mushya

2 Min Read
Imikino

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?