Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu Kirere RwandAir yatangaje ko yasubitse ingendo WB300/WB303 na WB304/WB305 zijya n’iziva i Doha na Dubai kubera umutekano muke uri mu karere.
Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu Kirere RwandAir yatangaje ko yasubitse ingendo WB300/WB303 na WB304/WB305 zijya n’iziva i Doha na Dubai kubera umutekano muke uri mu karere
iri tangazo tigaragaza isubika ry’izo ngendo ryasohotse kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 28 Gashyantare 2026, nyuma y’amasaha make Israel na Amerika bigabye igitero gikomeye kuru Iran, cyiswe ‘roaring lion.’
Ubwo Iran yatangiraga gusubiza ibi bitero, ibihugu byegeranye birimo Qatar, Kuwait, Syria na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) byafunze ikirere cyabyo, kuko zimwe muri misile na drones bya Iran byerekeza muri Israel biri kukinyuramo.
Minisiteri y’Ingabo ya UAE yatangaje ko iki gihugu cyagabweho igitero cya misile, zipfubirizwa mu kirere cyo mu mujyi wa Abu Dhabi, ibimene byazo bica umuntu umwe.
RwandAir iti “Umutekano w’abagenzi bacu n’abatwara indege ukomeza kuba uw’ingenzi. Turi kugenzurira hafi uko byifashe, turabaha andi makuru bitewe n’ibigezweho.”
Yavuze ko abagenzi bagizweho ingaruka bazemererwa guhindura tike zabo bakazigenderaho ku yindi tariki.
