BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rwanda: Abana bafite hagati y’imyaka itanu na 11 bazakingirwa COVID-19

Rwanda: Abana bafite hagati y’imyaka itanu na 11 bazakingirwa COVID-19

admin
Last updated: September 17, 2022 4:02 am
admin
Share
SHARE

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu ntangiriro z’ukwezi kwa 10 abana bafite imyaka iri hagati y’itanu na 11 bazatangira gukingirwa icyorezo cya Covid-19.

Minisiteri y’Ubuzima yaherukaga gutanga urukingo rwa Covid-19 ku bana bafite imyaka 12 no kuzamura (Archives)

Tariki 03 z’ukwezi gutaha nibwo igikorwa cyo gukingira Covid-19 abana bafite imyaka iri hagati ya 5 na 11 kizakorwa.

Minisiteri y’ubuzima ivuga ko abana bari muri iki cyicyiro bazahabwa urukingo rwa Covid-19 rwagenewe abana, nk’uko Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima, Dr Mpunga Tharcisse yabitangaje.

Ababyeyi babaganiriye na RBA dukesha iyi nkuru bishimiye iki cyemezo.

Ahobantegeye Leoncia ati “Mu by’ukuri numva ari ibintu byiza kuko niba nanjye narikingije nkumva bigize umumaro, ndumva n’abana bagomba kwikingiza nta kibazo.”

Dr Mpunga Tharicisse ashishikariza ababyeyi kuzitabira gahunda yo gukingiza abana.

Iki gikorwa cyo gukingira abana kikorerwa ku mashuri mu ntangiriro z’igihembwe nyuma y’ibiganiro bizahuza Minisiteri y’Ubuzima, abarezi n’ababyeyi.

Usibye Afurika y’Epfo yatangiye gukoresha izi nkingo z’abana, n’u Rwanda rugiye gutangira gukingira abana nta kindi gihugu cy’Afrika kiratangira gahunda yo kukingira abana.

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko gukingira abaturage bigeze ku kigero cya 99% abarenga 70% nibo bamaze gufata urukingo rwo gushimangira.

Abamaze gufata urukingo rwa kabiri rwo gushimangira bafite imyaka guhera kuri 60 no kuzamura bageze kuri 30%.

Minisiteri y’Ubuzima ikavuga ko bitarenze mu kwezi kwa kabiri umwaka utaha wa 2023 bazaba bamaze gukingirwa bose.

IVOMO: RBA

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice bya Minembwe,…

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

Intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zikomeje guhindura…

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?