BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 17, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Umutekano > Rwamagana: Umwarimukazi yishwe akaswe ijosi harakekwa Umugabo we

Rwamagana: Umwarimukazi yishwe akaswe ijosi harakekwa Umugabo we

sam
Last updated: June 27, 2025 3:15 pm
sam
Share
SHARE

Mu ijoro ryacyeye ahagana mu masaha ya Saa tanu z’ijoro ,abagizi ba nabi bishe umwarimukazi wigishaga mu Rwunge rw’amashuri rwa Rwamagana Protestant mu karere ka Rwamagana

Uyu mubyeyi uri mu kigero cy’imyaka 48 yiciwe mu rugo rwe ruherereye mu Mudugudu wa Bacyoro , Akagari ka Sibagire Umurenge wa Kigabiro hafi y’ishuri ryitwa G.s Rwamagana Protestant.

Amakuru avuga ko abamwishe bamwiciye mu muryango w’inzu yabagamo ndetse akaba yishwe urupfu rw’agashyinyaguro bikavugwa ko abamwishe bamukase ijosi .

Bamwe mu baturage baganiriye n’umuryango .rw bavuga ko bababajwe n’urupfu rwa Nyakwigendera ndetse bagasaba Inzego zishinzwe gukora iperereza gushakisha abishe uwo mugore,dore ko hari gukekwa uuhare rw’ uwahoze ari umugabo we.

Ahishakire Jean Paul ,ni umwe mu baturage bavuga ko umugabo wa Nyakwigendera wahoze ari umuganga wavuye mu kazi nyuma yo gufungwa imyaka itatu, ariwe bakekaho kugira uruhare mu rupfu rw’uwahoze ari umugore we bari baherutse gutandukna mu buryo bwemewe n’amategeko mu byumweru bibiri bishize .

Yagize ati” Umugabo we bamufunze mu Kwezi Kwa 12 mu gufungurwa ntawongeye kumubona ,mu gufungwa kwe twumvise ngo yari yahaye umugore uburozi .”

Umwe mubo twasanze mu rugo rwa Nyakwigendera agaragaza ko umugabo batandukanye mu byumweru bibiri bishize ariwe bacyekaho kugira uruhare mu rupfu rw’uwo mubyeyi usize abana bane barimo ufite imyaka irindwi .

Yagize ati” Yafunzwe amezi atatu ,kubera ko yashatse kuroga uwo mubyeyi akoresheje imiti yica udukoko ,uwo muti yawushyize mu nanasi akoresheje urushinge kuko yari umuganga . Uwo munsi no mu biryo basanzemo ibintu by’umukara babajyanye no kuri RIB bakavuga ko banasanze yari aside yari yashyizemo.”

Yakomeje ati” Yahoraga avuga ko afite ubwoba ko azicwa kuko hari abantu bamutotezaga bavuga ko yafungishije muganga ndetse ubwo yafungurwaga yabwiye abana ko ngo yagiye iwabo i Musanze ariko abana bavugaga ko bajyaga bamubona mu mujyi i Rwamagana na za Nyarusange ndetse n’ejo ngo hari abamubonye ari kumwe n’abantu batatu .”

Umuturage utuye mu kagari ka Sibagire avuga ko uwo mugore bitaga mama Yves yari umwarimu w’intangarugero anavuga ko babuze umurezi wigishaga neza

Ati” yari umubyeyi wigisha neza natwe ababyeyi akatugira inama ,ibyabaye byatubabaje cyane kuko nta muntu bagiranaga ikibazo.”

Urupfu rwa Nyakwigendera wigishaga mu mashuri abanza rumaze kumenyekana Inzego z’Ibanze zifatanyije n’inzego z’umutekano zageze mu Mudugudu wa Bacyoro ndetse zikorana inama n’abaturage bahatuye. ubu amakuru avuga ko hari umwe watawe muri yombi, mu gihe umwana wa Nyakwigendera wabashize kubona abamwishe ubwo birukaga , yabonye abantu babiri bari bambaye ibihisha amasura yabo bizwi nka Masike .

Umuvuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba SP Twizeyimana Hamdun yavuze ko Polisi y’u Rwanda yamenye ibijyanye n’iyicwa ry’uwo mwarimukazi ndetse ko Inzego z’umutekano zageze muri uwo Mudugudu kandi n’iperereza rikaba ryatangiye.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Umutekano

AFC/M23 yashinjije ihuriro ry’ingabo za Kinshasa ubwicanyi ku baturage bane muri Kivu y’Amajyepfo

1 Min Read
Umutekano

Kigali: Abarenga 20 bafungiwe ubujura no kubangamira umutekano

1 Min Read
Umutekano

DRC: Imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na FARDC ishobora kubura vuba 

2 Min Read
Umutekano

AFC/M23 igiye gutanga ishusho y’ibiganiro imazemo iminsi n’ubutegetsi bwa Kinsasha i Doha

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?