BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rwamagana: Umugizi wa nabi yaciye umwana umutwe arawutwara

Rwamagana: Umugizi wa nabi yaciye umwana umutwe arawutwara

admin
Last updated: November 17, 2022 12:07 pm
admin
Share
SHARE

Umugabo utaramenyekana mu murenge wa Gishari mu karere ka Rwamagana yishe umwana w’imyaka 11 amuciye umutwe akoresheje umuhoro, ndetse n’umutwe arawutwara.

Ibi byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, tariki 16 Ugushyingo 2022, ahagana saa moya z’umugoroba mu mudugudu wa Nyakabungo, akagari ka Bwinsanga mu murenge wa Gishari.

Uyu mwana yaciwe umutwe ubwo yari kumwe na bagenzi be batandatu bavuye kuvoma mu gishanga kiri mu rugabano rw’umurenge wa Gishari na Kigabiro.

Umugabo yabategeye ku muhanda agahita abaryamisha hasi ababwira ko agiye kubakubita ariko azana umuhoro aribwo birukaga agasigarana uwo yaciye umutwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gishari, Niyomungeri Richard yahamirije UMUSEKE aya makuru ndetse avuga ko bakomeje gushakishga umutwe w’uyu mwana n’umugizi wa nabi.

Ati “Abana barindwi bari bagiye kuvoma ahagana saa kumi n’ebyiri zishyira saa moya, basanga umuntu yabateze afite umuhoro abaryamisha hasi ariko ababwirako agiye kubakubita iminyafu, abana bararyama babonye azanye umuhoro bamwe bariruka aribwo yafashe kamwe aragatema. ”

Yakomeje agira ati “Abana bahise bakwira imishwaro birukankira za Kigabiro, abandi bana nibwo nyuma baje kuvuga ko mugenzi wabo wasigaye babonye bamutema, abaturage baje basanga byarangiye.”

Inzego z’umutekano ku bufatanye n’abaturage zikaba zikomeje gushakisha umugizi wa nabi n’umutwe w’uyu mwana.

Niyomungeri Richard, uyobora umurenge wa Gishari yihanganishije umuryango w’uyu mwana ndetse asaba abaturage gutanga amakuru yafasha mu gufata uyu mugizi wa nabi kandi bakajya bagaragaza abantu bashya batazi mu mudugudu kugirango bandikwe mu bitabo by’umutekano.

Uyu mwana wishwe yari afite imyaka 11, akaba yigaga mu mwaka wa kane w’amashuri abanza.

Umurambo w’uyu mwana ukaba wajyanywe ku bitaro bya Rwamagana kugirango ukorerwe isuzuma mbere yo gushyingurwa.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • Nkundamahoro says:
    November 17, 2022 at 1:07 pm

    Ubwo iyo nkoramaraso nibayifata irye kubigori byaguzwe imisoro ababyeyi bumwana batanze? Harya ubutabera Nik ?Bubahose? Cyango habaho kugenekereza munsubize?
    Nyagasani akomeze uyumuryango

    Reply
  • Ngugi says:
    November 17, 2022 at 1:40 pm

    Mbega igikoko we!!!Imana irebera hose icyarimwe ikanumva abayisaba. Nsabiye iki gikoko muntu kumenyekana Kandi ntigikwiye gusubizwa mu bantu pe. Mana wihanganishe aba babyeyi,abavandimwen,’inshuti zose zuyu muryango.

    Reply
  • Pingback: Umwana uheruka kwicwa, umutwe we wabonetse mu rugo rw’umuturage – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?