BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 17, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rwamagana: Umugizi wa nabi yaciye umwana umutwe arawutwara

Rwamagana: Umugizi wa nabi yaciye umwana umutwe arawutwara

admin
Last updated: November 17, 2022 12:07 pm
admin
Share
SHARE

Umugabo utaramenyekana mu murenge wa Gishari mu karere ka Rwamagana yishe umwana w’imyaka 11 amuciye umutwe akoresheje umuhoro, ndetse n’umutwe arawutwara.

Ibi byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, tariki 16 Ugushyingo 2022, ahagana saa moya z’umugoroba mu mudugudu wa Nyakabungo, akagari ka Bwinsanga mu murenge wa Gishari.

Uyu mwana yaciwe umutwe ubwo yari kumwe na bagenzi be batandatu bavuye kuvoma mu gishanga kiri mu rugabano rw’umurenge wa Gishari na Kigabiro.

Umugabo yabategeye ku muhanda agahita abaryamisha hasi ababwira ko agiye kubakubita ariko azana umuhoro aribwo birukaga agasigarana uwo yaciye umutwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gishari, Niyomungeri Richard yahamirije UMUSEKE aya makuru ndetse avuga ko bakomeje gushakishga umutwe w’uyu mwana n’umugizi wa nabi.

Ati “Abana barindwi bari bagiye kuvoma ahagana saa kumi n’ebyiri zishyira saa moya, basanga umuntu yabateze afite umuhoro abaryamisha hasi ariko ababwirako agiye kubakubita iminyafu, abana bararyama babonye azanye umuhoro bamwe bariruka aribwo yafashe kamwe aragatema. ”

Yakomeje agira ati “Abana bahise bakwira imishwaro birukankira za Kigabiro, abandi bana nibwo nyuma baje kuvuga ko mugenzi wabo wasigaye babonye bamutema, abaturage baje basanga byarangiye.”

Inzego z’umutekano ku bufatanye n’abaturage zikaba zikomeje gushakisha umugizi wa nabi n’umutwe w’uyu mwana.

Niyomungeri Richard, uyobora umurenge wa Gishari yihanganishije umuryango w’uyu mwana ndetse asaba abaturage gutanga amakuru yafasha mu gufata uyu mugizi wa nabi kandi bakajya bagaragaza abantu bashya batazi mu mudugudu kugirango bandikwe mu bitabo by’umutekano.

Uyu mwana wishwe yari afite imyaka 11, akaba yigaga mu mwaka wa kane w’amashuri abanza.

Umurambo w’uyu mwana ukaba wajyanywe ku bitaro bya Rwamagana kugirango ukorerwe isuzuma mbere yo gushyingurwa.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • Nkundamahoro says:
    November 17, 2022 at 1:07 pm

    Ubwo iyo nkoramaraso nibayifata irye kubigori byaguzwe imisoro ababyeyi bumwana batanze? Harya ubutabera Nik ?Bubahose? Cyango habaho kugenekereza munsubize?
    Nyagasani akomeze uyumuryango

    Reply
  • Ngugi says:
    November 17, 2022 at 1:40 pm

    Mbega igikoko we!!!Imana irebera hose icyarimwe ikanumva abayisaba. Nsabiye iki gikoko muntu kumenyekana Kandi ntigikwiye gusubizwa mu bantu pe. Mana wihanganishe aba babyeyi,abavandimwen,’inshuti zose zuyu muryango.

    Reply
  • Pingback: Umwana uheruka kwicwa, umutwe we wabonetse mu rugo rw’umuturage – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Santarafurika: Amb Kayumba yagiranye ibiganiro n’aba ofisiye ba RCS

Ambasaderi w’u Rwanda muri Santarafurika, Olivier Kayumba, yagiranye ibiganiro n’ Abakozi b’Urwego…

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

Imiryango itari iya Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahagurutse iri…

Agakoriro ka Gisozi kagiye kwimurirwa mu cyanya cy’inganda i Masoro

Umujyi wa Kigali watangaje ko ibikorwa by’ububaji n’ibindibyakoreraga mu Gakiriro ka Gisozi…

Min Olivier Nduhungirehe Nduhungirehe yaganiriye na mugenzi we waTurkmenistan  

Minisitiri w'ububanyi n'amahanga n'ubutwwrerane w'u Rwanda Olivier Nduhungirehe yagiranye ikiganiro kuri Telefone…

U Rwanda ruritegura kwakira inama ikomeye ya OIF

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko u Rwanda rwatangiye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?