BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rutsiro: Abatishoboye babiri bubakiwe inzu binyuze mu matsinda yo kuzigama

Rutsiro: Abatishoboye babiri bubakiwe inzu binyuze mu matsinda yo kuzigama

admin
Last updated: November 2, 2022 9:15 pm
admin
Share
SHARE

Mu gihe leta y’ u Rwanda ikomeje gushyrira imbaraga mu gukangurira abanyarwanda kwizigamira, mu karere ka Rutsiro hatashywe inzu ebyiri zubatswe mu mafaranga y’ubwizigame bw’abaturage.

Uwahawe inzu yanahabwaga ibyangombwa byayo

Inzu zatashywe mu gusoza icyumweru cyahariwe kwizigamira, aho abaturage bakusanyije amafaranga banakora imiganda yubatswemo inzu ebyiri zahawe abatishoboye, mu murenge wa Nyabirasi.

Venansiya Mukambaraga wahawe inzu yavuze ko Imana nta cyo itamukoreye yo itumye atura mu nzu irimo ibirahuri.

Ati ”Kuba nta karima nagiraga, nkaba mbonye inzu y’amajyambere, ngiye kujya mba mu mabati no mu birahuri, Imana ishimwe rwose mujye musenga, nzajya ndyama nsinzire neza, mbese ngiye kuba agakumi”.

Nyirabigega Cecile wubakiwe inzu avuga ko gusinzira byamugoraga kandi aba mu nzu.

Ati ”Ntiwasinzira uryamye mu cyondo, imvura iri kugwa utekereza ko inzu yakugwaho, ariko ubu ngiye kujya ndyama ninicure mvuge nti shimwa Mana, nari ndi gusaza, ariko ngiye kujya nshinya akadiho, mfite n’akabaraga”.

Andrew Kayiranga, umuyobozi wungirije wa Hope International ikorana n’amatorero mu gukurikirana aya matsinda yo kwizigamira mu Rwanda, yemeza ko intego bihaye yagezweho ukurikije uko abantu bishimiye kuyajya.

Uwihanganye Jean Baptiste umujyanama wa komite nyobozi y’akarere ka Rutsiro, avuga ko guhuza imbaraga bifasha leta gukemura ibibazo by’abaturage.

Ati ”Kwegera umuturage umwe umwe biragoye, ariko iyo bibumbiye hamwe no kubaganiriza gahunda za leta biroroha, kuko nabo bituma babona bitaweho, bikazadufasha no gukurikirana kuko utabikoze ntacyo byakugezaho gifatika”.

Yakomeje avuga ko kwizgamira ari kimwe mu ibisubizo bizafasha abanyarwanda kubona igishoro bikaba akarusho iyo abantu bahuje ubwizigame bwabo.

Muri AEBR kuva aya matsinda yatangira guhangwa muri 2018 amaze kwitabirwa n’abantu 10,314 bibumbiye mu matsinda 550, muri uyu mwaka wa 2022 bakaba bamaze kwizigamira asaga miliyoni 200 (Frw 204 185 090), hanatangwa inguzanyo zigera kuri miliyoni 189 (Frw 189 345 159).

Nyirabigega Cecile wubakiwe inzu avuga ko gusinzira byamugoraga

Yanditswe na Kagame Alain

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice bya Minembwe,…

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

Intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zikomeje guhindura…

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?