BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, May 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Umutekano > Rutshuru Imirwano hagati ya M23 na Wazalendo yongeye kuba mibi

Rutshuru Imirwano hagati ya M23 na Wazalendo yongeye kuba mibi

sam
Last updated: May 6, 2025 6:46 am
sam
Share
SHARE

Imirwano yongeye kubura ku wa Mbere, itariki ya 5 Gicurasi, mu karere ka Tongo na Kabizo, muri Sheferi ya Bwito, muri Teritwari ya Rutshuru, muri Kivu y’Amajyaruguru.

Kuva mu mpera z’icyumweru gishize, biravugwa ko inyeshyamba za M23 n’abarwanyi ba Wazalendo ba CMC / FDP bagiye bashyamirana mu duce twinshi, nka Lubwe Sud, Businene, Kabizo na Mutanga.

Mu gihe hari amakuru yatangajwe mu mpera z’iki cyumweru gishize ko Abawazalendo bashoboye gusubiza inyuma inyeshyamba za M23, ibintu byahindutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere ushize.

Nk’uko umwe mu baturage baho wavuganye n’itangazamakuru abitangaza, inyeshyamba za M23 zongeye kwigarurira Kabizo, umujyi bari bataye mu mezi atanu kugeza kuri atandatu ashize.

Uku gusubukura imirwano byemejwe n’amasoko menshi yo muri ako gace, avuga kandi ko muri ako karere imirwano ikaze.

Iyi nkuru dukesha mediacongo.net ivuga ko imirwano yatumye abaturage bata ingo zabo bagahunga. Bamwe mu baturage bahunze bashaka aho bihisha, abandi bakomeza kwihisha mu ngo zabo, nk’uko ubuhamya bwakusanyijwe aho buvuga.

Imirwano yo muri weekend kandi ngo yaba yarahitanye abantu ku mpande zombi, nubwo umubare nyawo utaramenyekana.

Hagati aho, Teritwari ya Rutshuru ikomeje kugabanywa hagati y’ingabo zihari: ku ruhande rumwe inyeshyamba za M23, ku rundi ruhande, hari Wazalendo ikunze gufatanya n’Ingabo za Congo, FARDC.

Muri Gurupoma ya Mutanda, inyeshyamba za M23 zigaruriye umujyi wa Nroroba, naho Wazalendo ngo igenzura Gurupoma ya Bambo yose.

Muri Gurupoma ya Tongo, M23 ngo igenzura hafi 20% by’ubutaka, harimo na Kanaba-Mulimbi. Iyi axe ni ingenzi mu gutwara umusada w’ingabo n’ibikoresho hagati ya Tongo na Kitshanga, mu karere ka Bishusha.

Muri icyo gihe, indi mirwano yavuzwe muri Teritwari ya Masisi, cyane cyane mu Karere ka Buabo, ndetse no muri Lubero aho M23 yafashe uduce dutandukanye muri weekend turimo Lunyasenge.

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Museveni yasobanuye ubufasha Mobutu yahaye Habyarimana bwabyaye ingaruka z’umutekano muke w’akarere uyu munsi

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yagaragaje ko iyo Mobutu Sese Seko wayoboye…

Amerika yirukanye Abahinde barenga 1 000

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Buhinde yatangaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika…

Minisitiri w’ubutabera wa DRC Mutamba yambuwe ubudahangarwa kubera ruswa

Inteko Ishinga Amategeko ya RDC yambuye ubudahangarwa Minisitiri w’Ubutabera, Constant Mutamba Tungunga,…

Abasirikare babiri b’u Rwanda baguye muri Repubulika ya Santrafurika 2024 bunamiwe

Abasirikare babiri b’u Rwanda baguye muri Repubulika ya Santrafurika bari mu bo…

DRC: Kabila yagiranye ibiganiro n’abanyamadini

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila, ari…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Umutekano

Amnesty International yashinjije AFC / M23 ibyaha by’intambara bikorerwa  abasivili mu burasirazuba bwa DRC

2 Min Read
Umutekano

Afurika y’Epfo yahakanye amakuru y’uko u Rwanda ruzambura abasirikare bayo intwaro bwite

1 Min Read
Umutekano

AFC/M23 yatabarije Abanyamurenge bakomeje gukorerwa jenoside

2 Min Read
Umutekano

DRC:  Umushahara w’abasirikare ba FARDC bari ku rugamba muri Kivu y’Amajyepfo waranyerejwe

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?