BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rusizi: Umwe bamutemye ku kaboko, undi bamuca ugutwi, iwabo ubujura burafata intera

Rusizi: Umwe bamutemye ku kaboko, undi bamuca ugutwi, iwabo ubujura burafata intera

admin
Last updated: December 5, 2022 11:02 am
admin
Share
SHARE

Abatuye mu murenge wa Muganza, mu karere ka Rusizi babangamiwe n’ubujura  bukorwa mu gihe cy’umugoroba, abantu bamburwa ibyo batwaye, habaho gutobora inzu, rimwe bamwe bagakomereka.

GASIGWA Theophile na we ku wa 27 Ugushyingo 2022 yatezwe n’abantu bamutema akaboko

Abaturage bo muri uyu murenge babwiye UMUSEKE ko mu myaka yashize ubujura butari bukabije, ariko ko bumaze igihe gito, barasaba ubuyobozi ko bwagira icyo bukora ubujura bugacika.

NSANZURWIMO Reverien aherutse guhagarikwa n’abajura ari nimugoroba atashye, baramuhondagura  banamuca ugutwi.

Aganira na UMUSEKE mu cyifuzo cye asanga icyagabanya ubujura ari uko ababukora bagafatwa bajya “bahanwa bikomeye”.

Yagize ati “Narimvuye gukora akazi ka nijoro, numvaga ndwaye bampaye uruhushya, ndataha ndi ku igare mpura n’abajura banyaka telefoni, nta kindi cyari mu mufuka, bazana ubuhiri barampondagura mu bitugu, no kumatako, ugutwi bagusharura n’urwembe, nahavanywe n’abanyonzi babiri banjyana kwa muganga.”

Uyu musaza akomeza avuga ko mu myaka yashize ubu bujura butari bukabije icyakora bwiyongere ye.

Yagize ati “Mu cyumweru gishize nta mutekano wari uhari, abantu barakubiswe abandi bacibwa amaboko, nk’abaturage turifuza ko uwafatwa bajya bamurasa.”

GASIGWA Theophile na we ku wa 27 Ugushyingo 2022 aherutse kwamburwa n’abo bajura amafaranga ibihubi 15,000 na telefoni ifite agaciro k’amafaranga 60,000.

Avuga ko bamukubise ubuhiri, ndetse bamutema ku maboko.

Yagize ati “Nari ntashye ngeze ahitwa mu Rubumba ndi ku igare, abagizi ba nabi bankubita ubuhiri, bantemye amaboko baraniga banyaka amafaranga na telefoni, nsigaye ndimo akuka njya kwa muganga. Ni ibintu bishyashya ntibyari bisanzwe.”

Ubuyobozi bw’umurenge wa Muganza butangaza ko ku bufatanye bw’abaturage n’inzego z’umutekano iki kibazo bagihagurukiye, abakekwaho ubwo bujura bamwe muri bo ngo barafashwe.

RWANGO Jean de Dieu, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Muganza, yabwiye UMUSEKE ko bamwe mu bakora ibyo bikorwa bamaze gufatwa.

Ati “Mu minsi ishize byari bihari, abagiye bakora ayo makosa twakoze urutonde rwabo ku bufatanye n’inzego z’umutekano, tumaze iminsi ine tubafata bari muri Police, abarenga icumi barafunzwe, turacyareba ko hari n’abandi bakoranaga na bo”.

Uyu muyobozi yakomeje avuga ko abenshi muri bo ari urubyiruko nubwo agaciro k’ibyo bambuye katazwi.

Ashimira abaturage anabasaba kwirinda kujya mu bikorwa bishukana.

Yagize ati “Abenshi ni urubyiruko ntabwo twamenya agaciro k’ibyo bambuye, turi gukora ubukangurambaga ngo bacike ku ngeso mbi n’abashaka ubushukanyi babiveho.”

Yakomeje agira ati “Turashimira abaurage ko batangira amakuru ku gihe, tubasaba no kwitandukanya n’uwabashuka abaganisha mu bikorwa bibi byo guhungabanya umutekano.”

Umurenge wa Muganza uri mu kibaya cya Bugarama kigizwe n’imirenge 4 yo mu karere ka Rusizi.

NSANZURWIMO Reverien aherutse kwamburwa ndetse bamukeba ku gutwi bakoresheje urwembe

MUHIRE Donatien
UMUSEKE.RW / I RUSIZI.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?