BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > RUSIZI: Umuryango umaze imyaka 12 uba mu nzu iva ufite akanyamuneza

RUSIZI: Umuryango umaze imyaka 12 uba mu nzu iva ufite akanyamuneza

admin
Last updated: October 17, 2022 3:18 pm
admin
Share
SHARE

Ibyishimo ni byinshi ku muryango wa Rwanyagatare na Mukamugema, bubakiwe inzu nyuma yo kumara imyaka 12 baba mu nzu ibavira.

Uyu musaza wambaye ikoti ry’umukara n’umukecuru niba bashyikirijwe inzu

Ubuyobozi buvuga ko iyi nzu ifite agaciro ka miliyoni 3Frw.

Rwanyagatare Kaithan na Mukamugema Thacianna batuye mu kagari ka Gatereri, umurenge wa Butare, mu Karere ka Rusizi. Inzu nshya bayihawe tariki ya 15 Ukwakira, 2022 ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro.

Baganira n’UMUSEKE bagaragaje ibyishimo byinshi n’imbamutima batewe n’inzu bahawe babona ko ari igitangaza babonye.

Mukamugema yagize ati “Nabaga mu nzu yashaje, iva none Perezida (Kagame Paul) yohereje bagenzi banjye baje ku nshyigikira baranyitangiye, banyubakira inzu. Nayinjiyemo uyu munsi umbere mushya kurusha indi yose.”

Rwanyagatare umugabo wa Mukamugema, bafatanyije ibyishimo.

We yagize ati “Inzu ishaje nari nyimazemo imyaka 12. Ubu bampaye iyi imeze neza, itava. Turishimye, tuzayifata neza ihorane uyu mucyo.”

NIYONSABA Jeanne d’Arc ni umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore, mu karere ka Rusizi, yatangaje ko bahisemo uyu muryango utari ufite aho kuba nk’abagore batekereza kuwushakira inzu.

Yanavuze ko badahagaze hari n’ibindi bateganya gukorera uyu muryango ngo uve mu bukene.

Ati “Twararebye nk’abagore dushaka umuryango utari ufite aho kuba, twatangiye kuwubakira iyi nzu mu kwezi kwa Gatanu dufite intego, twayibahaye uyu munsi.”

Yavuze ko iriya nzu ifite agaciro ka miliyoni eshatu n’ibihumbi magana abiri by’amafaranga y’u Rwanda (Frw 3,200,000).

Ati “Turacyatekereza n’uburyo bajya bakora ku ifaranga.”

Umunsi mpuzamahanga  w’umugore wo mu cyaro washyizweho mu 1995 mu gihugu cy’Ubushinwa, wizihizwa ku isi hose, mu Rwanda wizihizwa ku itariki ya 15 Ukwakira buri mwaka.

Mu karere ka Rusizi wizjhirijwe mu murenge wa Butare. Umurenge wa Butare uhana imbibi n’igihugu cy’u Burundi, ufite ubuso bwa kilometero kare 203 igice kinini cyawo ni ishyamba rya Pariki ya Nyungwe.

Igice gituwe ni kilometero kare 83, ibarura rusange riheruka rigaragaza ko abaturage bawo ari 26,601 batuye mu ngo 5,951. Batunzwe n’ubuhinzi n’ubworozi ndetse n’ubucuruzi.

MUHIRE Donatien
UMUSEKE.RW / I RUSIZI.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?