BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Aug 9, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Rusizi: Polisi yamennye litiro 800 z’inzoga zitujuje ubuziranenge

Rusizi: Polisi yamennye litiro 800 z’inzoga zitujuje ubuziranenge

sam
Last updated: August 4, 2025 11:27 am
sam
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rusizi, ifatanyije n’inzego z’ubuyobozi bw’ibanze, bafashe abantu batanu benga inzoga z’inkorano.Ni igikorwa cyabereye mu Mudugudu wa Cyarukara, Akagari ka Gakoni, Umurenge wa Muganza w’Akarere ka Rusizi.

Muri iyi minsi inzego z’ubuzima zigaragaza ko hariho ubwiyongere bw’indwara zitandura zirimo umutima, umwijima n’umuvuduko w’amaraso. Mu bitera izo ndwara harimo kunywa inzoga zitujuje ubuziranenge.Ibi ni byo byatumye hakorwa umukwabu wo gufata izi nzoga wamaze amasaha ane, aho hafashwe litiro zirenga 800.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Twajamahoro Sylvestre yavuze ko uyu mukwabu wafatiwemo litilo 835, zafatiwe mu ngo eshanu zitandukanye.

Yahaye abaturage ubutumwa, ati “Turasaba abaturage kwirinda gukora, gucuruza no kunywa izi nzoga zitujuje ubuziranenge kuko zituma habaho urugomo rwo gukubita no gukomeretsa zikanatiza umurindi ibyaha by’ihohoterwa no gufata ku ngufu.”

ati “Turasaba abaturage kwirinda gukora, gucuruza no kunywa izi nzoga zitujuje ubuziranenge kuko zituma habaho urugomo rwo gukubita no gukomeretsa zikanatiza umurindi ibyaha by’ihohoterwa no gufata ku ngufu.”

SP Twajamahoro yavuze ko Polisi ishishikariza abantu kunywa inzoga zujuje ubuziranenge na bwo zikanyobwa mu rugero.

Abaturage batanu bazifatanywe harimo umukecuru w’imyaka 70 mu gihe umuto ari umugore w’imyaka 35.

Abafashwe bahise bajyanwa ku Murenge wa Muganza bacibwa amande angana n’ibihumbi 50 Frw kuri buri muntu, inzoga zabo zirangizwa.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Kigali: Abantu 10 batawe muri yombi bakekwaho ibirimo gutobora inzu z’abaturage bakiba

Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali, iratangaza ko yafashe abantu 10 mu…

Rubavu: Gitifu afunganywe n’abaturage bakurikiranyweho kugurisha Inka za Girinka

Mu Karere ka Rubavu, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Kanyundo mu Murenge wa…

Umugabo w’i Rusizi yafatanywe urumogi yarwihambiriyeho arenzaho imyenda

Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kamembe mu Karere ka Rusizi hafungiye umugabo…

RIB yataye muri yombi abayobozi ba WASAC abarimo Prof Munyaneza Omar wayoboye iki kigo

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko Prof Munyaneza Omar wayoboye WASAC n’abandi…

Hakozwe amadarubindi akoresha ikoranabuhanga rya ’AI’

Hagiye gushyirwa ku isoko amadarubindi mashya akoranye ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano AI, afite…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Zimbabwe yashimiye Perezida Kagame wayisabiye gukurirwaho ibihano

4 Min Read
Mu Rwanda

Gen. Mubarakh Muganga, yakiriye intumwa za gisirikare zo muri Sri Lanka

1 Min Read
Mu Rwanda

Hatangajwe amabwiriza arinda ingaruka mbi ziterwa n’imikino y’amahirwe

2 Min Read
Mu Rwanda

Gen (Rtd) James Kabarebe yahishuriye urubyiruko ibanga Ingabo zahoze ari iza RPA zakoreshe mu kubohora igihugu

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?