BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rusengamihigo w’imyaka 54 yatangiye kwiga mu wa gatatu Primaire

Rusengamihigo w’imyaka 54 yatangiye kwiga mu wa gatatu Primaire

admin
Last updated: September 29, 2022 1:37 am
admin
Share
SHARE

Kenshi ku myaka 9 nibwo umwana aba agiye mu mwaka w’agatatu w’amashuri abanza, kuri Rusengamihigo, iyo myaka ntibyamukundiye ko akomeza amashuri ye, ubu mu gihugu uburezi ntibuheza, uyu mugabo wuzukuruje yasubukuye amashuri ye mu wa gatatu wa primaire.

Rusengamihigo Jean Marie Vianney yatangiye ishuri ku wa mbere

Rusengamihigo Jean Marie Vianney wo mu Mudugudu wa Nyakibingo, Akagari ka Burimba mu Murenge wa Shangi, avuga ko yasubiye ku ishuri kubera impamvu zitandukanye zirimo no kurikangurira abana bato banga kwiga.

Ati “Muri kino gihe kugira ngo umuntu agire ikintu akora, haba mu buhinzi, cyangwa ubworozi, bisaba ubumenyi, ibindi bitandukanye n’ibyo, hari abana bata ishuri bavuga ngo ntacyo bizabamarira, ibyo na byo biri mu byo ngamije gukangurira ababyeyi n’abana kwiga. Ibyo nkaba numva ari byo ntego nyamukuru, hari igihe byamfasha cyangwa bigafasha abandi.”

Uyu mugabo wuzukuruje, yabwiye UMUSEKE ko aheruka mu ishuri mu 1983 (ariko yashidikanyaga), avuga ko kwigana n’abana bato bitazamutera ipfunwe.

Yagize ati “Nkunda kuvuga ngo buri gihe umuntu agomba kugira umwete ku murimo we. None se umuntu ari guhinga yagira isoni? Ntabwo yagira isoni ahubwo yagira umwete kugira ngo abone umusaruro w’ibyo abiba.”

Rusengamihigo avuga ko ababyeyi igihe baba bafite imirimo ibabuza kujya mu ishuri, bakwiye kurishishikariza abana babo.

Uyu mugabo afite abana bubatse ingo zabo, ndetse banabyeye bivuze ko afite abuzukuru.

Dusoza ikiganiro yagize ati “Thank you very much!”

Ku wa mbere tariki ya 26 Nzeri 2022 mu Rwanda hose nibwo hatangiye umwaka w’amashuri 2022-2023, Rusengamihigo w’imyaka 54 y’amavuko yagiye kwiyandikisha ku kigo cy’amashuri abanza cya Nyakibingo.

Iki kigo kiri mu murenge wa Shangi, mu karere ka Nyamasheke

Umuyobozi w’ishuri ribanza rya Nyakibingo, NYIRANDIMUBANZI Genevieve yatubwiye ko bakibona uyu mugabo aje kwiyandikisha babanje gushidikanya kumwandika, ariko nyuma yo kubijyaho inama n’abandi bashinzwe uburezi, baramwandika.

Ati “Nabonye aza afite ibikoresho by’ishuri, na uniforme atubwira ko aje kwihugura. Twagishije inama ku bashinzwe uburezi mu murenge baratubwira ngo tumwakire.”

Uyu muyobozi w’ishuri yabwiye UMUSEKE ko Rusengamihigo yamubwiye ko ashaka kumenya Icyongereza ndetse akazakomeza akajya mu mashuri yisumbuye.

Rusengamihigo Jean Marie Vianney uzwi ku izina rya “VISION” ku wa mbere yize igitondo, azajya ku munsi ukurikiye yiga ikigoroba kuko mu mashuri abanza biga basimburanya ibihe.

Hari imvugo ivuga ko “kwiga bihoraho bitagira igihe birangirira”.

MUHIRE DONATIEN
UMUSEKE.RW /I NYAMASHEKE

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
5 Comments
  • Pingback: Rusengamihigo wari watangiye mu wa gatatu Primaire yasimbukijwe imyaka 2 – Umuseke
  • Pingback: Rusengamihigo wari watangiye mu wa gatatu Primaire yasimbukijwe imyaka 2 – Umuseke
  • Vincent says:
    September 30, 2022 at 8:43 pm

    Ahubwo numugabo ndamwemeye pe

    Reply
  • Vincent says:
    September 30, 2022 at 8:43 pm

    Ahubwo numugabo ndamwemeye pe

    Reply
  • Karangwa Juvenal says:
    October 7, 2022 at 4:42 pm

    Uyu se arimo arakina Filimi?

    Reply

Leave a Reply to Karangwa Juvenal Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?