BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rusengamihigo w’imyaka 54 yatangiye kwiga mu wa gatatu Primaire

Rusengamihigo w’imyaka 54 yatangiye kwiga mu wa gatatu Primaire

admin
Last updated: September 29, 2022 1:37 am
admin
Share
SHARE

Kenshi ku myaka 9 nibwo umwana aba agiye mu mwaka w’agatatu w’amashuri abanza, kuri Rusengamihigo, iyo myaka ntibyamukundiye ko akomeza amashuri ye, ubu mu gihugu uburezi ntibuheza, uyu mugabo wuzukuruje yasubukuye amashuri ye mu wa gatatu wa primaire.

Rusengamihigo Jean Marie Vianney yatangiye ishuri ku wa mbere

Rusengamihigo Jean Marie Vianney wo mu Mudugudu wa Nyakibingo, Akagari ka Burimba mu Murenge wa Shangi, avuga ko yasubiye ku ishuri kubera impamvu zitandukanye zirimo no kurikangurira abana bato banga kwiga.

Ati “Muri kino gihe kugira ngo umuntu agire ikintu akora, haba mu buhinzi, cyangwa ubworozi, bisaba ubumenyi, ibindi bitandukanye n’ibyo, hari abana bata ishuri bavuga ngo ntacyo bizabamarira, ibyo na byo biri mu byo ngamije gukangurira ababyeyi n’abana kwiga. Ibyo nkaba numva ari byo ntego nyamukuru, hari igihe byamfasha cyangwa bigafasha abandi.”

Uyu mugabo wuzukuruje, yabwiye UMUSEKE ko aheruka mu ishuri mu 1983 (ariko yashidikanyaga), avuga ko kwigana n’abana bato bitazamutera ipfunwe.

Yagize ati “Nkunda kuvuga ngo buri gihe umuntu agomba kugira umwete ku murimo we. None se umuntu ari guhinga yagira isoni? Ntabwo yagira isoni ahubwo yagira umwete kugira ngo abone umusaruro w’ibyo abiba.”

Rusengamihigo avuga ko ababyeyi igihe baba bafite imirimo ibabuza kujya mu ishuri, bakwiye kurishishikariza abana babo.

Uyu mugabo afite abana bubatse ingo zabo, ndetse banabyeye bivuze ko afite abuzukuru.

Dusoza ikiganiro yagize ati “Thank you very much!”

Ku wa mbere tariki ya 26 Nzeri 2022 mu Rwanda hose nibwo hatangiye umwaka w’amashuri 2022-2023, Rusengamihigo w’imyaka 54 y’amavuko yagiye kwiyandikisha ku kigo cy’amashuri abanza cya Nyakibingo.

Iki kigo kiri mu murenge wa Shangi, mu karere ka Nyamasheke

Umuyobozi w’ishuri ribanza rya Nyakibingo, NYIRANDIMUBANZI Genevieve yatubwiye ko bakibona uyu mugabo aje kwiyandikisha babanje gushidikanya kumwandika, ariko nyuma yo kubijyaho inama n’abandi bashinzwe uburezi, baramwandika.

Ati “Nabonye aza afite ibikoresho by’ishuri, na uniforme atubwira ko aje kwihugura. Twagishije inama ku bashinzwe uburezi mu murenge baratubwira ngo tumwakire.”

Uyu muyobozi w’ishuri yabwiye UMUSEKE ko Rusengamihigo yamubwiye ko ashaka kumenya Icyongereza ndetse akazakomeza akajya mu mashuri yisumbuye.

Rusengamihigo Jean Marie Vianney uzwi ku izina rya “VISION” ku wa mbere yize igitondo, azajya ku munsi ukurikiye yiga ikigoroba kuko mu mashuri abanza biga basimburanya ibihe.

Hari imvugo ivuga ko “kwiga bihoraho bitagira igihe birangirira”.

MUHIRE DONATIEN
UMUSEKE.RW /I NYAMASHEKE

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
5 Comments
  • Pingback: Rusengamihigo wari watangiye mu wa gatatu Primaire yasimbukijwe imyaka 2 – Umuseke
  • Pingback: Rusengamihigo wari watangiye mu wa gatatu Primaire yasimbukijwe imyaka 2 – Umuseke
  • Vincent says:
    September 30, 2022 at 8:43 pm

    Ahubwo numugabo ndamwemeye pe

    Reply
  • Vincent says:
    September 30, 2022 at 8:43 pm

    Ahubwo numugabo ndamwemeye pe

    Reply
  • Karangwa Juvenal says:
    October 7, 2022 at 4:42 pm

    Uyu se arimo arakina Filimi?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?