BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 19, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rusengamihigo wari watangiye mu wa gatatu Primaire yasimbukijwe imyaka 2

Rusengamihigo wari watangiye mu wa gatatu Primaire yasimbukijwe imyaka 2

admin
Last updated: September 30, 2022 2:36 pm
admin
Share
SHARE

Mu itangira ry’amashuri, ku wa mbere tariki ya 26 Nzeri 2022 nibwo Rusengamihigo w’imyaka 54 y’amavuko yagiye kwiyandikisha ku kigo cy’amashuri abanza cya Nyakibingo ashaka umwaka wa gatatu, yawizemo iminsi ibiri, ubu ari kwiga mu wa gatanu.

Rusengamihigo Jean Marie Vianney ubu arimo kwiga mu mwaka wa gatanu

Rusengamihigo Jean Marie Vianney wo mu Mudugudu wa Nyakibingo, Akagari ka Burimba mu Murenge wa Shangi, mu Karere ka Nyamasheke, yabwiye UMUSEKE ko yimuriwe mu wa Gatanu nyuma yo gukoreshwa isuzuma.

Ati “Bankoresheje umwitozo basanga ntakwiriye kwigaga mu mwaka wa gatatu.”

Yadutangarije ko kuba ageze mu mwaka wa gatanu byamushimishije cyane.

Ati “Ubu ndi kwigana n’abandi, ingamba mfite ni ukwiga nkongera ubumenyi nubwo ntazakorera Leta kubera imyaka mfite, nazikorera ku giti cyanjye, hari byinshi udashobora gukora utarize.”

Umuyobozi w’ishuri ribanza rya Nyakibingo, NYIRANDIMUBANZI Genevieve na we yatwemereye ko Mzee Rusengamihigo yimuriwe mu mwaka wa gatanu.

Ati “Iyo umwana aje gutangira ishuri umukoreha ibazwa kugira ngo umenye ubushobozi bwe, uzabone uko umufasha nk’umuntu wari uvuye hanze utarigeze yiga, twagombaga kureba ubumenyi afite n’ibyifuzo bye, tumenye uko tuzamukurikirana tugendeye kuri porogaramu zigishwa, twasanze ubumenyi afite yazamuka akajya mu mwaka wa gatanu.”

Rusengamihigo Jean Marie Vianney afite umugambi wo kwiga akarangiza amashuri

Inkuru ya Rusengamihigo w’imyaka 54 uvuga ko afite umwuzukuru yatangaje benshi mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bamwe bemeza ko igitekerezo cye ari cyiza kuko kwiga bitagira iherezo.

Abandi babona ko ku myaka ye adakwiye kuba ajya kwiga amashuri abanza kuko igihe cyamucitse.

Gusa, Rusengamihigo Jean Marie Vianney ubwo aheruka kuganira na UMUSEKE yatubwiye ko igitekerezo cyo kujya mu ishuri kuri we kigamije gushishikariza ababyeyi kujyana abana mu ishuri, no gukangurira abana gukunda kwiga.

Icyo gihe yagize ati “Muri kino gihe kugira ngo umuntu agire ikintu akora, haba mu buhinzi, cyangwa ubworozi, bisaba ubumenyi, ibindi bitandukanye n’ibyo, hari abana bata ishuri bavuga ngo ntacyo bizabamarira, ibyo na byo biri mu byo ngamije gukangurira ababyeyi n’abana kwiga. Ibyo nkaba numva ari byo ntego nyamukuru, hari igihe byamfasha cyangwa bigafasha abandi.”

Rusengamihigo w’imyaka 54 yatangiye kwiga mu wa gatatu Primaire

MUHIRE Donatien
UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Rubavu: Umugore afunzwe akekwaho kwica umugabo we

Umugore wo mu Karere ka Rubavu afunzwe akekwaho kwica umugabo we w’imyaka…

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

Perezida w’ikipe ya AS Kigali, Shema Ngoga Fabrice, agiye gutanga kandidatire yo…

RDC na M23 basinyanye amasezerano aganisha ku mahoro arambye

Intumwa za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’iz’umutwe wa…

Shema Ngoga Fabrice yatanze kandidatire yo kuyobora FERWAFA

Shema Ngoga Fabrice usanzwe uyobora AS Kigali yatanze kandidatire yo kuyobora Ishyirahamwe…

RDC: Umudepite yatabarije impunzi z’ Abanyekongo ziri mu Burundi ko ubuzima bwazo buri mu kaga

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?