BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Rurageretse hagati ya Perezida Ndayishimiye n’umukuru w’ishyaka riri ku butegetsi

Rurageretse hagati ya Perezida Ndayishimiye n’umukuru w’ishyaka riri ku butegetsi

admin
Last updated: November 17, 2022 11:31 am
admin
Share
SHARE

Ibintu bimaze gufata indi ntera binyuze mu guterana amagambo hagati ya Perezida w’u Burundi, Varisito Ndayishimiye n’Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka riri ku butegetsi Reveriyano Ndikuriyo.

Haratutumba intambara hagati ya Perezida Ndayishimiye na Reverien Ndikuriyo

 Reveriyano Ndikuriyo Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka rya CNDD-FDD aherutse guca amarenga yo gusimbura umutegetsi wageze ku ngoma bigoranye nk’uko igihumyo kigera ku Isi bikigoye.

Ndikuriyo avuga ko uwo mutegetsi yabanje kwiyorobeka yigira nk’uri kumwe n’Imana ariko ageze ku butegetsi yigira igihangange, agenda atyoza abo munsi ye adatekereza ko bamusimbura.

Ati “Agera ku butegetsi ashinga imbibi ukagira ngo ni isambu ya Se,.. Sogokuru yaravuze ngo umwe wese ategure uzamusimbura.”

Mu mvugo iteye ubwoba avuga ko iyo igihumyo gitangiye kubyimba gihita kibora ati “Aho gutegura abantu bakure bazamuke bazamusimbure, abatukisha hose, n’uko gusa Urucira Muka,..sinzi uko bavuga,…Imana ikora ukundi.”

Uyu mugabo aherutse kuvuga ko kuba umukuru w’igihugu yirirwa mu ngendo mu mahanga ntacyo bifasha igihugu.

Ati “Kuba umukuru ni byiza kwambara costume cyangwa ukurira indege bakurihiye itike ariko ntacyo uharanira bigufasha iki ?”

Perezida Ndayishimiye we yemeza ko ibihe Umukuru w’ishyaka yahoze asumbya imbaraga Umukuru w’igihugu bitazongera kubaho mu Burundi.

Avuga ko byari akajagari binateye isoni aho umukuru w’ishyaka yicaga agakiza nta jambo umukuru w’igihugu afite.

Ati ” None ntimubyibuka ? Minisitiri akakwangira kuvaho ngo umukuru w’ishyaka mutavuganye ntunkoraho, urumva umukuru w’ishyaka niwe wasanga ari umukuru w’igihugu.”

Perezida Ndayishimiye avuga ko i Burundi hari abayobozi bamaze kwiyumva nk’ibihangange kugera n’aho bumva ko bari hejuru y’amategeko n’igihugu.

Kuva Ndayishimiye yagenwa gusimbura Petero Nkurunziza, hari abari mu bushorishori bw’ishyaka CNDD–FDD n’igisirikare cy’u Burundi bamwijunditse kugeza magingo aya.

Abakurikira Politiki y’u Burundi bavuga ko uyu mwiryane mu bihangange byo mu ishyaka riri ku butegetsi zizasiga habaye akantu.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • citoyen says:
    November 18, 2022 at 3:43 pm

    Ngo ibihanga bibiri ntibitekwa mu nkono imwe buriya amaherezo hari umwe uzahasiga agatwe. Ntabyo mbifurije ariko burya umukuru w’igihugu niwe boss, iyo ushatse kubizana ….

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?