BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Aug 1, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > RURA yafatiye MTN Rwanda ibihano 

RURA yafatiye MTN Rwanda ibihano 

sam
Last updated: July 31, 2025 3:29 pm
sam
Share
SHARE

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko rwafatiye ibihano byo mu rwego rw’ubutegetsi Sosiyete ya MTN Rwanda, biturutse ku bibazo bimaze iminsi bigaragara muri serivisi itanga.

Kuva tariki ya 27 Nyakanga 2025, abakiriya ba MTN Rwanda bahuye n’ibibazo by’ingorane gukoresha serivisi zirimo guhamagara, kohereza ubutumwa bugufi ndetse na Mobile Money.

Ku munsi wakurikiyeho, RURA yatangaje ko yatumije MTN Rwanda kugira ngo isobanure ingamba zifatika iri gufata hagamije kunoza ireme rya serivisi zayo no gukumira ko ibi bibazo byakongera kugaragara.

Kuri uyu wa 31 Nyakanga 2025, yatangaje ko yafatiye MTN Rwanda ibihano byo mu rwego rw’ubutegetsi, irayihanangiriza, inayisaba gukemura ibibazo byose bigaragara mu itangwa rya serivisi.

RURA kandi yasobanuye ko yafatiye ibihano KT Rwanda Network kugira ngo itange ibisobanuro ku bibazo byagaragaye mu itangwa rya serivisi z’ihuzanzira (fibre optique) mu karere ka Muhanga, Karongi, Rutsiro na Ngororero ku mugoroba wo ku wa 30 Nyakanga.

Uru rwego rwatangaje ko KTRN yagaragaje ko izi serivisi zasubiye ku murongo, isabwa gukemura mu buryo burambye ibibazo bishobora gutuma serivisi zidatangwa neza.

Itegeko N°24/2016 ryo ku wa 18/06/2016 rigenga ikoranabuhanga mu itangazabumenyi n’itumanaho rigaragaza ko ibihano byo mu rwego rw’ubutegetsi bishobora kuba ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda, bitandukana bitewe n’amakosa sosiyete iba yakoze.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Herekanywe Amashusho Ashinja Kabila Ubugambanyi

Ubwo humvwaga ubuhamya bw’ubushinjacyaha ku birego bwareze Joseph Kabila, urukiko rwasabye ko…

Abarimu ibihumbi 26 bari mu burezi ntibabwize_REB

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB) rwatangaje ko abarimu bagera ku bihumbi…

Imirimo yakorwaga na BDF yimuriwe muri BRD

Guverinoma y'u Rwanda yimuriye muri Banki y'Amajyambere y'u Rwanda (BRD) inshingano z'Ikigega…

ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byahuriye mu nama ya…

Abarimu batazi Icyongereza ntibazirukanwa, bazahugurwa- MINEDUC

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), yavuze ko hari abarimu n’abayobozi b’ibigo bahuguwe ndetse hakiri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

1 Min Read
Mu Rwanda

Gasabo: Polisi yafashe abateka bakanagurisha kanyanga abaturage

2 Min Read
Mu Rwanda

I Kigali humvikanye umutingito uri ku gipimo cya 2,3 

2 Min Read
Mu Rwanda

Musanze: Polisi yerekanye batatu bibaga ibikoresho by’ikoranabuhanga

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?