BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rulindo: Imiryango irenga 1000 iracyabana mu makimbirane n’ihohotera ryo mu ngo

Rulindo: Imiryango irenga 1000 iracyabana mu makimbirane n’ihohotera ryo mu ngo

admin
Last updated: December 6, 2022 5:29 pm
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo buvuga ko buhangayikishijwe n’imiryango igera ku 1058 ibana mu makimbirane kuko ari naho usanga ihohotera rishingiye ku gitsina ryiganje igasaba inzego zose gufatanya bagahagurukira iki kibazo kuko kidindiza iterambere ryabo.

Ubu buyobozi bwemeza ko iyo urebye muri iyo miryango irangwamo ayo makimbirane usanga yarabaye n’igicumbi cy’ibindi byaha birimo urugomo, gukubita no gukomeretsa, gusesagura umutungo, gutakaza inshingano zo kwita ku ngo, ubwicanyi mu miryango n’ibindi.

Nyuma yo kubona ko iki bibazo gikoma mu nkokora iterambere ry’abo baturage n’iry’Akarere, ubuyobozi bwafashe ingamba zo gukumurira no guhangana n’iki kibazo ku bufatanye n’izindi nzego n’abafatanya bikorwa bako binyuze mu bukangurambaga bwo kwigisha no gusobanurira abaturage amoko y’ihohoterwa n’uburyo yakwirindwa bakarangazwa n’iterambere.

Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judith, avuga ko n’ubwo bari mu gihe cy’ubukangurambaga, ihohoterwa rikigaragara mu Karere kabo agasaba abantu bose kujya batanga amakuru y’aho baribonye kugira ngo uwarikorewe ahabwe ubufasha aba akeneye.

Yagize ati “Turashishikariza uwaba yakorewe ihohoterwa iryo ariryo ryose cyangwa uwabibonye kubimenyekanisha kugira ngo uwahohotewe ahabwe ubufasha kuko bimugiraho ingaruka haba mu mitekerereze no ku mubiri kandi tugenda tubegereza ibigo bitanga ubufasha kandi n’amategeko yo kurihana arahari.”

Uyu muyobozi akomeza asaba abaturage kugira umuco wo kubyara abo bashoboye kurera kugira ngo umwana wavutse abonerwe ibyo akeneye asaba n’urubyiruko kunyurwa n’ibyo baba bahawe n’imiryango yabo.

Ati “Turasaba imiryango kubyara abo bashoboye kurera bashoboye kubonera ibyo bakeneye kugira ngo biteze imbere ndetse baganize n’abana babo ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere kandi turasaba urubyiruko kunyurwa n’ibyo imiryango yabo iba yababoneye birinda kurarikira ibyo badafite aribyo bituma akenshi bishora no mu ngeso mbi.”

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Batamuliza Mireille, abaturage kubigira ibyabo no gushyigikira mu kurandura ihohoterwa kandi ko na Leta izakomeza gushyiraho uburyo bwose bwo kurirwanya no kongera ibikorwa remezo bifasha abahohotewe barwa ingaruka biteza mu miryango.

Yagize ati “Tugenda dushyiraho ibigo by’urubyiruko bifite serivisi zikomatanyije zirimo no kubigisha ku buzima bw’imyororokere kuko turacyafite abitiranya ubuzima bw’imyororokere n’imibonano mpuzabitsina. Ubuzima bw’imyororokere ni impinduka ziba ku mubiri w’umuntu mu mitekerereze mu mikurire no mu mikorere ni ngombwa kumuganiza no kumuha amakuru ajyanye n’icyiciro arimo.

Tugomba gufatanya mu gutoza no kwigisha abakiri bato imico myiza kuko ntawe utayizi kandi nta bunararibonye buhambaye bisaba, bakayigira impamba bityo tukagira umuryango utekanye kandi uteye imbere uzira ihohotera iryo ariryo ryose.”

Mu bukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rihingiye ku gitsina muri uyu mwaka, mu Karere ka Rulindo hafunguwe Ikigo cy’Urubyiruko cya Cyinzuzi aho urubyiruko ruzajya ruhurira rukigishwa ndetse rugahabwa na serivisi z’ubuzima bw’imyororokere, ubumenyi mu ikoranabuhanga, imikino n’amahugurwa atandukanye.

Bamwe mu rubyiruko rwo mu Murenge wa Cyinzuzi, bemeza ko ayo mahirwe begerejwe bagiye kuyabyaza umusaruro kuko mbere bakeneraga izo serivisi bikabasaba gukora urugendo rurerure bajya kuzisaba bigatuma batazitabira.

Nsengiyumva James ni umwe muri bo, yagize ati “Njye nize ikoranabuhanga ariko najyaga gukora umushinga mubyo nize bikansaba kujya Shyorongi, byandindizaga kuko nko kugira ngo nuzuze urubuga rw’ikoranabuhanga byansabaga nk’ukwezi ariko hano ho bizajyabifata nk’iminsi ine gusa, ni inyungu kuri njye.”

Nirere Clemence we yagize ati “Iyo urebye ino hari abakobwa bashyingirwa bakiri bato bagerayo ingo zikabananira bagahora mu makimbirane n’umwiryane bagatana. Hano tuzahigira ubuzima bw’imyororokere tumenye uko twitwara ndetse dufashe n’abandi kwirinda amakimbirane babane neza.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo buvuga ko buzakomeza gushyiraho ingamba nyinshi zinyuranye binyuze mu kwigisha abakiri bato n’abakuze ubwoko bw’ihohoterwa n’ingaruka rugira mu Muryango Nyarwanda ndetse no kwegereza abaturage ibikorwa n’imishinga ibateza imbere.

Ikigo cy’Urubyiruko cya Cyinzuzi kizifashishwa muri gahunda zitandukanye zifasha urubyiruko

Yanditswe na BAZATSINDA Jean Claude

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwateguje ko buzasaba Uganda ibisobanuro…

Muri Kanama ab’i Kigali bazajya babona amazi mu minsi 2 aho kuba 5-WASAC

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura, WASAC cyijeje abatuye mu Mujyi wa…

DRC : Kiliziya gatorika ntiyozeye ko amasezerano y’u Rwanda na Congo ko atazakemura ikibazo mu mizi

Umuyobozi mukuru w’Inama y’Abepisikopi muri Congo Kinshasa, Musenyeri Donatien Nshole avuga ko…

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

Perezida Gideon Duma Boko wa Botswana yahigiye guhura na Donald Trump uyobora…

Perezida Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya

Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, akaba ari n’umwe mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?