BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Mar 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ruhango: Umurambo w’umwana wasanzwe mu mazi

Ruhango: Umurambo w’umwana wasanzwe mu mazi

admin
Last updated: November 17, 2022 7:16 pm
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Ruhango buvuga ko abaturage mu gitondo cyo kuri uyu wa kane taliki ya 17 Ugushyingo, 2022 basanze umurambo w’umwana w’imyaka ibiri n’igice mu kizenga cy’amazi.

Akarere ka Ruhango kari mu ibara ritukura

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruhango Nemeyimana Jean Bosco avuga ko  iyi Nkuru mbi y’urupfu rw’uyu mwana, bayahawe na bamwe mu baturage bamubonye mu mazi yapfuye.

Yagize ati “Umwana bamusanze ari mu kizenga cy’amazi yapfuye, gusa haracyakorwa iperereza ngo hamenyekane koko niba ari amazi yamwishe cyangwa niba haba hari ikindi cyaba cyamwishe.”

Gusa bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Murinzi mu Kagari ka Nyamagana, ari naho ababyeyi b’uyu mwana batuge, bavuga ko uwo  mwana yabuze kuva ku wa Gatatu.

Umubyeyi yatabaje abaturanyi bagenda bashakisha baza kumusanga ku nkombe y’iki kizenga, bagakeka ko byakozwe n’umugizi  wa nabi,  akamujugunya hafi y’ikizenga ashaka kujijisha  kugira ngo abamubona batekereze ko ari amazi yamwishe.

Uyu mwana yitwaga Uwineza Liliane abaturage bavuga ko ashobora kuba yishwe anizwe.

Gitifu Nemeyimana avuga ko hari bamwe mu baturage bavuga ko hari amakimbirane ababyeyi be bari bafitanye n’abaturanyi, ari na byo bashingiraho ko yaba yishwe n’abantu.

Umurambo we wajyanywe mu Bitaro bya Polisi ku Kacyiru kugira ngo hamenyekane icyaba cyamwishe.

MUHIZI Elisee /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • kamere says:
    November 18, 2022 at 10:22 am

    Statistics zerekana ko ku isi hose,Abangavu bagera kuli 20 millions babyara buri mwaka.Mu bihugu nka Brazil na Costa Rica,hamwe n’ibihugu byinshi by’i Burayi,Abangavu barabyara cyane.Biteye ubwoba. Umuti waba uwuhe?Mu idini nsengeramo,ababyeyi bigisha abana babo ijambo ry’Imana hakiri kare nkuko Imana ibidusaba muli Gutegeka 6:6,7.Ibyo bituma abana bakura bumvira Imana,bikabarinda ubusambanyi no kubyara.Abo bana b’abakobwa mukunda kubabona bali kumwe n’ababyeyi babo bali mu nzira,babwiriza ijambo ry’Imana,nkuko Yesu yabisabye buri mu Kristu nyakuli wese.Nguwo umuti rukumbi w’Abangavu babyara.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?