BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ruhango: Barakora ubuhinzi bushingiye ku muco n’ubutangiza ibidukikije 

Ruhango: Barakora ubuhinzi bushingiye ku muco n’ubutangiza ibidukikije 

admin
Last updated: August 16, 2022 7:10 pm
admin
Share
SHARE
Bamwe mu bahinzi bo mu Mudugudu wa Musamo, Akagari ka Musamo mu Murenge wa Ruhango, batangiye ubuhinzi bushingiye ku muco n’ubutangiza ibidukikije by’aho batuye.Ni itsinda rigizwe n’abahinzi 75 babigize umwuga.

Aba baturage bakora ubuhinzi butangiza ibidukikije bukarinda n’urusobe bw’Ibinyabuzima.
Aba bahinzi bavuga ko mu mbuto bahinga zishingiye ku muco,  harimo amasaka, uburo, amasaro avamo inigi,  ibikoro, amateke n’ubwoko bw’ibishyimbo bita igitsimbayogi.

Aba kandi bahinga imyumbati babanje guca imirwanyasuri barinda ko isuri ibatwara ubutaka bakoresheje ifumbire y’imborera cyane.

Matabaro David ni umwe muri aba bahinzi, avuga ko hari amahugurwa yabanje guhabwa kugira ngo akore ubuhinzi bushingiye ku muco n’ubutangiza urusobe bw’Ibinyabuzima.

Ati “Hari imbuto zasaga n’izacitse kandi zishingiye ku muco tumaze igihe tuzihinga, umurima w’imyumbati duhagazemo murabona ufite itandukaniro n’indi mirima mubona.”

Igiti kimwe cy’imyumbati  bagisaruramo ibiro bikabakaba 60. Matabaro avuga ko umushahara abona awuvana mu buhinzi.

Matabaro David umuhinzi w’Intangarugero

Muri ayo matsinda y’abahinzi ahuza Imiryango y’abarokotse n’ifite ababo bagize uruhare muri Jenoside bizamura ubumwe n’ubwiyunge bigishijwe na GER.

Umuyobozi w’Umuryango ushinzwe kubaka amahoro no kurengera ibidukikije  mu Rwanda(GER Rwanda)  Innocent Musore avuga ko mu Turere uyu muryango ukoreramo hari impinduka nziza  byagize ku baturage kubera ko bahinga bakihaza bagasagurira n’amasoko kandi bakabikora bagamije no kurengera urusobe bw’Ibinyabuzima.

Musore yavuze kandi ko ibi bikorwa by’ubuhinzi biherekezwa no kuganira bibafasha kugarura ubumwe mu baturage.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buvuga ko bugiye gutangiza umurima w’intangaarugero muri buri Mudugudu mu ndimi z’amahanga uzwi nka “Conservation Agriculture.”

Umuyobozi wungurije ushinzwe Iterambere ry’ubukungu mu Karere ka  Ruhango Rusiribana Jean Marie,  yavuze ko bagiye kwagura iyi gahunda y’ubuhinzi bushingiye ku muco no kurengera urusobe bw’Ibinyabuzima mu Mirenge y’aka Karere butarageramo.

Ati “Abaturage iyo bahuriye mu matsinda nk’aya barasabana bigatuma n’amakimbirane mu Miryango  atabaho.”

Umuryango ushinzwe kubaka amahoro no kurengera ibidukikije mu Rwanda, kugeza ubu ukorera mu Karere ka Ruhango,  Bugesera na Gasabo, ukaba uhuza amatsinda y’abaturage bagera kuri 300.

Igiti kimwe cy’imyumbati bagisaruramo ibiro 60 bw’Imyumbati.
Aba bahinzi bavuga ko imbuto bahinga harimo n’ishingiye ku muco.
Umuyobozi w GER RWANDA Innocent Musore avuga ko gahunda y’ubuhinzi bushingiye ku muco n’ubutangiza ibidukikije imaze gutanga umusaruro mwiza.
MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW mu Ruhango
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Ndengejeho Henry says:
    August 18, 2022 at 11:18 am

    Ubuhinzi bwubaha umuco nibwo bwagirira akamaro abaturage. Ntawe utabona ko ifumbire mva ruganda yishe ubutaka ndetse igatera inzara mu gihugu. Umuco wa kinyarwanda wo gushaka ifumbire warafunyanzwe bituma n’ubuhinzi muri rusange buta agaciro. Nkeka rero ibi bizatuma Leta isubira muri politiki y’ubuhinzi maze abaturage bakongera kweza no kwihaza mu biribwa. Ariko kandi, gushaka kubivangamo politiki, ntacyo bifashaho abaturage! Jenoside ije kugira ite mu gihe abaturage bishyize hamwe? Biteye isoni kwumva na za koperative z’amasore n’inkumi batarengeje imyaka 30 bababwira gushyiramo iby’abarakotse n’abagize uruhare muri jenoside! Uretseko ntabyo nabo baba bazi, ariko kandi ntaho biba bihuriye n’amahame ya koperative baba barimo. Bisa no gusasira ubulyo bazacecekeshwa mu gihe ibintu byaba bitagenze neza!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?