BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Ruhago y’abagore: Rayon Sports yatangiranye shampiyona amashagaga

Ruhago y’abagore: Rayon Sports yatangiranye shampiyona amashagaga

admin
Last updated: December 12, 2022 12:00 pm
admin
Share
SHARE

Muri shampiyona y’icyiciro cya Kabiri mu mupira w’amaguru w’abagore, ikipe ya Rayon Sports y’abagore imaze igihe gito ishinzwe igahita ininjira muri Shampiyona y’u Rwanda, yatsinze ibitego 16-0 Gatsibo WFC.

Rayon Sports WFC yatangiye shampiyona itanga ubutumwa

Ni umukino wabereye ku kibuga cyo mu Nzove ku wa Gatandatu tariki 11 Ukuboza, cyane ko ari yo yariwakiriye.

Iyi kipe itozwa na Nonde Muhamed, yatanze ubutumwa nyuma yo gutsinda Gatsibo WFC ibitego 16-0, byatinzwe na Imanizabayo [5], Diane [2], Divine [2], Muhoza [2], Rosine, Pascaline, Gikundiro na Araza.

Uyu mwaka w’imikino 2022/2023, ni umwaka ukomeye ku makipe akomeye ari gushyira imbaraga nyinshi mu makipe y’abagore. Rayon Sports yagaragaje ko nayo iri muri iki gikorwa igura abeza izifashisha muri uru rugendo yatangiye.

Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports bwahise butangiza gahunda yo gushaka abakobwa bakina ruhago ndetse banatangiza imyitozo y’iyo kipe. Nyuma yo gukora imyitozo Rayon Sports FC yakinnye iminkino ya gicuti.

Uku ni na ko yemerewe gukina Shampiyona y’icyiciro cya Kabiri mu Rwanda, inatangira imikino yacyo iri mu itsinda rya Kabiri (B). Umukino wa mbere yawukinnye na Gatsibo WFC iyinyagira 16-0 itanga isomo ku basigaye.

Umukino wa Kabiri izawukina na Bridger WFC ku wa Gatandatu tariki ya 17 Ukuboza 2022. Andi makipe ari mu itsinda rimwe na Rayon Sports WFC ni Nyagatare WFC, Nasho WFC, Indahangarwa WFC, Ndabuc WFC.

Indi mikino yabaye:

Itsinda rya mbere [A]:

  • Forever 1-1 APR WFC
  • Tiger WFC 10-0 URCMHS WFC

Itsinda rya kabiri [B]:

  • Indahangarwa WFC 3-0 Bridge WFC
APR WFC yanganyije umukino wa kabiri wa shampiyona

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

2 Min Read
Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?